Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko ku wa Gatandatu tariki ya 8 Gicurasi aribwo uwo munyamakuru yafashwe agafungirwa kuri Station ya RIB iri mu Karere ka Bugesera.
Ni nyuma y’aho ngo afashe imbwa ye akayuriza mu nzu icururizwamo inyama hanyuma ikazirya.
Umugore ugenzura ubwo bucuruzi ngo yamubajije impamvu ari kumwangiriza, maze undi aramusingira amukanda amabere.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru, avuga ko iperereza ryatangiye, ko ibizarivamo bizamenyeshwa abanyarwanda.
Hari amakuru avuga ko uwo mugabo ibyo bikorwa ashobora kuba yabikoreshejwe n’ubusinzi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!