00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amb Parfait Busabizwa yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Repubulika ya Congo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 June 2025 saa 12:00
Yasuwe :

Ambasaderi Parfait Busabizwa yashyikirije Perezida wa Congo, Denis sassou N’Guesso, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Kane tariki 6 Kamena 2025.

Mu kiganiro bagiranye, Perezida N’Guesso yahaye Busabizwa ikaze, anamumenyesha ko yishimira umubano n’ubushuti u Rwanda na Congo bifitanye.

Yavuze ko ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi riri ku rwego rushimishije, anashimira uruhare rwa Perezida Paul Kagame muri gahunda yo kuzamura ubufatanye n’ubutwererane hagati y’ibihugu bya Afurika yunze Ubumwe .

Ambasaderi Busabizwa nyuma yo gutanga ubutumwa yahawe na Perezida Kagame, yabwiye N’Guesso ko yishimiye guhagararira u Rwanda muri Congo, igihugu gisanzwe gifitanye umubano mwiza n’u Rwanda, anizeza ko azakomeza gushimangira ubufatanye n’umubano mwiza biri hagati y’ibihugu byombi.

Amb Parfait Busabizwa ashyikiriza Perezida N'Guesso impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages