Ni igikorwa cyabaye ku wa Kane tariki 6 Kamena 2025.
Mu kiganiro bagiranye, Perezida N’Guesso yahaye Busabizwa ikaze, anamumenyesha ko yishimira umubano n’ubushuti u Rwanda na Congo bifitanye.
Yavuze ko ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi riri ku rwego rushimishije, anashimira uruhare rwa Perezida Paul Kagame muri gahunda yo kuzamura ubufatanye n’ubutwererane hagati y’ibihugu bya Afurika yunze Ubumwe .
Ambasaderi Busabizwa nyuma yo gutanga ubutumwa yahawe na Perezida Kagame, yabwiye N’Guesso ko yishimiye guhagararira u Rwanda muri Congo, igihugu gisanzwe gifitanye umubano mwiza n’u Rwanda, anizeza ko azakomeza gushimangira ubufatanye n’umubano mwiza biri hagati y’ibihugu byombi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!