00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amabwiriza yo kwirinda Covid-19: Ibirori byo mu ngo ntibigomba kurenza amasaha atatu

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 25 December 2021 saa 11:46
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje amabwiriza agomba kubahirizwa ku bantu bategura ibirori n’ubukwe mu Ntara, harimo ko ibibera mu ngo bitagomba kumara amasaha arenze atatu.

Aya mabwiriza areba abantu bo mu Ntara, agena ko imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’ubuyobozi bwa leta n’irikorewe mu nsengero no kwiyakira bijyanye n’ubukwe bitagomba kwitabirwa n’abantu barenze 75.

Agena kandi ko ibirori bibera mu ngo bitagomba kurenza abantu 20 kandi utegura ubukwe n’ibirori agomba kubimenyesha inzego z’ubuyobozi mu gihe cy’iminsi irindwi mbere y’uko igikorwa kiba.

Abitabiriye ibyo bikorwa bagomba kwerekana ko bakingiwe byuzuye kandi bipimishije Covid-19 nibura amasaha 24 mbere y’uko ibyo bikorwa biba.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Aho bishoboka, imihango y’ubukwe n’ibirori bibera mu ngo byabera hanze cyangwa ahantu hagera umwuka uhagije”.

Ahabereye iyo mihango hagomba kuba kandi hari uburyo bwo gukaraba intoki n’umuntu ugenzura ko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yubahirijwe.

Ni mu gihe imihango y’ubukwe n’ibirori bibera mu ngo bitagomba kurenza amasaha atatu.

Aya mabwiriza atangajwe mu gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukaza umurego aho ubwandu bugeze kuri 3,9%. Ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukuboza, ubwandu bwabonetse ku bantu 629.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages