00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 80 barajwe muri Stade ya Huye ku munsi wa mbere w’ingamba nshya za Covid-19

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 31 March 2021 saa 09:36
Yasuwe :

Mu turere dutandatu two mu Ntara y’Amajyepfo hatangiye kubahirizwa ingamba nshya zo gukumira icyorezo cya Covid-19 kuko imibare igaragaza ko abacyandura bakomeje kwiyongera.

Utwo Turere twa Ruhango, Nyanza, Nyamagabe, Nyaruguru, Gisagara na Huye twashyiriweho ko abadutuye bagomba kuba bageze mu rugo 19h00 bitandukanye n’ahandi mu gihugu kuko ho isaha yo gutaha ari 21h00.

Ayo mabwiriza mashya yatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Werurwe 2021.

Mu Karere ka Huye ku munsi wa mbere hagaragaye abaturage benshi bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 biganjemo abatinze gutaha.

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye igaragaza ko abagera kuri 80 ari bo barajwe muri Stade Huye.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko muri rusange abaturage benshi bari kubahiriza amabwiriza ariko hakomeje kugaragara n’abayarengaho.

Ati “Muri rusange twavuga ko abenshi babyubahiriza ariko n’ubu tuvugana turi mu bugenzuzi ko abantu bubahiriza amabwiriza, ntihabura abayarengaho.”

Yakomeje avuga ko abenshi bari gufatwa ari abarengeje isaha yo gutaha 19h00 n’abandi baba bagiye gusurana mu ngo ndetse n’abajya mu tubari.

Yibukije ko kugira ngo icyorezo cya Covid-19 gitsindwe bisaba ubufatanye bw’abantu bose, abasaba kubahiriza amabwiriza yose yashyizweho n’inzego z’ubuzima.

Yavuze ko abafatwa bayarenzeho bari guhabwa ibihano byashyizweho n’Inama Njyanama y’Akarere birimo kurazwa muri Stade bakigishwa ndetse bagacibwa n’amande.

Inkuru wasoma: Huye: Ibihano ku bakerensa amabwiriza yo gukumira ikwirakwira rya COVID-19 byahanitswe

I Huye ku munsi wa mbere w’ingamba nshya abantu 80 barajwe muri stade
Abafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 biganjemo abatinze gutaha. Mu Turere two mu Majyepfo isaha yo gutaha ni 19h00

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages