00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi b’amahoteli azakira CHOGM bakingiwe Covid-19

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 11 March 2021 saa 05:47
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu gukomeza gukingira icyorezo cya COVID-19 abanyarwanda bafite ibyago byo kwandura kurusha abandi, hakingiwe abakora mu mahoteli azakira abazitabira CHOGM.

Inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth (CHOGM) izabera i Kigali muri Kamena 2021.

Inzego zihuriweho zishinzwe gutegura CHOGM zikomeje kugaragaza ko imyiteguro irimbanyije ndetse na hoteli zitandukanye zikomeje gutegura uburyo bwo kuzakira neza abashyitsi bazitabira iyi nama.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza kwitegura iyi nama, abayobozi n’abakozi b’aya mahoteli bakingiwe icyorezo cya COVID-19. Abandi bakingiwe ni abamotari, abakozi bo mu bigo by’ubuvuzi byigenga n’abasheshakanguhe mu bigo nderabuzima.

Kugeza ubu abamaze gukingirwa mu gihugu hose basaga ibihumbi 230.

Mu rwego rwo gukomeza kugenzura imyiteguro ya CHOGM, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Ibikorwa byo gukingira Covid-19 byakomereje ku bakora muri hotel zizakira CHOGM
Bamwe mu bakora muri hotel zizacumbikira abazitabira CHOGM bakingiwe COVID-19
Muri hoteli zizakira abazitabira CHOGM hashyizwe itsinda ry'abaganga bari gukingira abakozi bazo COVID-19

Amafoto: Minisante


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages