Ibi uru rwego rwabitangaje ku Cyumweru tariki ya 25 Mata 2021, mu kiganiro na RBA cyareberaga hamwe uko ruswa n’akarengane birwanywa.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Kalihangabo Isabelle, yavuze ko icyaha cya ruswa n’akarengane muri uru rwego ari ikintu kitihanganirwa.
Ati “Umukozi wacu tumenye ko yaketsweho ruswa, icya mbere ahita ahagarara mu kazi by’agateganyo tukamukorera iperereza, tukamukorera dosiye y’ibihano by’urwego rwo mu kazi, byamufata agahita yirukanwa.”
Kalihangabo yavuze ko hari abamaze gusezererwa bageze kuri 32 kuva RIB yatangira, ko n’iyo bamaze kwirukanwa bakomereza mu nkiko.
Ati “Kuri twe iyo wagaragayeho ikintu icyo aricyo cyose cy’imyitwarire iganisha kuri ruswa kuri RIB ni ikosa rituma udashobora kuguma mu kazi.”
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane ishami ry’u Rwanda, TI Rwanda, mu 2019 bwashyize RIB na Polisi ishami ry’umutekano wo mu muhanda mu bigo byagaragayemo ruswa cyane muri uwo mwaka.
Ubu bushakashatsi bwiswe Rwanda Bribery Index, bwagaragaje ko mu 2019 muri RIB ruswa yavuye ku kigero cya 6% ikagera ku 8%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!