IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abakekwaho gutera icyuma Ntawukuriryayo Roger batawe muri yombi


Yanditswe kuya 27-10-2012 - Saa 23:53' na Izuba Rirashe

Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi iratangaza ko Polisi yo muri icyo gihugu imaze guta muri yombi abantu babiri bakekwaho gutera icyuma umuhungu wa Perezida wa Sena y’u Rwanda witwa Ntawukuriryayo Roger.

Polisi ntiratangaza amazina n’inkomoko y’abakekwaho guhohotera Ntawukuriryayo ubwo yacaga i Buruseli yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kanama 2012.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, Masozera Robert avugana n’ikinyamakuru Izuba Rirashe yagize ati “Twishimiye akazi kakozwe na polisi ya hano, igisigaye twifuza nuko abo bantu bashyikirizwa ubutabera bagahanwa.”

Robert Masozera yatangarije kandi ikinyamakuru Izuba Rirashe ko Ambasade y’u Rwanda ikomeje gukorana neza n’inzego z’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha kugira ngo abahohoteye Roger Ntawukuriryayo bashyikirizwe ubutabera.

Ku mugoroba wo ku wa 25 Kanama 2012, ubwo Roger yatemberanaga n’abandi bana babiri b’Abanyarwanda ndetse n’undi w’inshuti ye w’Umukongomani, basagariwe n’agatsiko k’abirabura bagera ku munani, maze bamutera icyuma mu mara, ku bw’amahirwe yahise atabarwa ajyanwa mu bitaro ataritaba Imana, nyuma ariko akaba yaraje kubagwa.

Perezida Paul Kagame ubwo yahuraga n’abanyeshuri bo muri za kaminuza n’amashuri makuru (Meet The President) yashimangiye ko igihugu cy’u Bubiligi kirimo gukorana n’Ambasade y’u Rwanda kugira ngo abakoze ayo marorerwa bagezwe mu bucamanza.

N’ubwo hakekwa ko abateye icyuma Ntawukuriryayo Roger ari abirabura ; ntiharashyirwa ahagaragara inkomoko yabo nyakuri.

IBITEKEREZO
Abantu bihaye gusubiza nabi uwitwa KARIKURUBU murigiza nkana. mu Rwanda imyigishirize rwose iracyari hasi, abanyeshuri batabona inyigisho zijyane n'igihe iyo bageze hanze baribura mu minsi yambere kubera kumenyera rhythm ugasanga bameze nk'aho batize rwose ukuri kuba kwiza rwose. ikindi repport yasohotse muri 2009 ivuye muri South African government yavugaga ko abanyeshuli baturuka mu rwanda baje gukora icyiciro cya gatatu cya kaminuza babategurira amasomo amara umwaka wose kugirango bajye ku rwego rumwe n'abo basanze mu South Africa. nawe mbwira nimba ibyo bivugwa na S.Africa ubwose Europe,Canada na USA byo byavuga gute ? nyine turihambiira tukiga ariko level si zimwe mujye mwemera intege nke mufite mu rwego rwo gusingira aho abandi babatanze.
Musubize29.10.2012 saa 13:58
ruvuzacyuma
@Minega, abo baganya urababwiye niba bumnva. Ahubwo icyo wibagiwe kongeraho nuko niba na nubu, nyuma yayo mashuli yose batubwira yuko bamaze gucamo, batumva imhamvu u Rwanda ubu rudashobora kwigereranya n'ibihugu biteye imbere mu burezi baracyerekana yuko nta nicyo bize iyo baturatira yuko bize. Ubushobozi u Rwanda bufite bwo gushyira mu burezi kuva muli primary kugeza muli za post-doctoral programmes ubuteranyije ntaho bugera ubwo Luxembourg (umubare w'abaturage 513,000 muli 2011 vs Rwanda 11.7 million muli July 2012) ishyira muli pre-secondary education. Kandi abana bo muli Luxembourg nk'abo mu bindi bihugu by'iburayi n'ibindi bicyize batangira kwiga batalibanajya muli primary (kindergarten/nursery, etc). Banafite ibyangombwa byose imuhira no kumashuli. Umwana w'umunyarwanda usanzwe ajya kureba imbere uko ishuli lisa agiye muli primary, kandi abenshi mu cyaro ahataba ibyangombwa byo kwigisha. Akenshi n'abalimu babo ibyo bigisha bababataligeze banabibona ubwabo. Ubu ahubwo ngirango the One-Laptop-Per-Child Programme izafasha cyane mubyo kugabanya gap (ariko n'ukugabanya gusa si uguhanagura advantages zose) mu burere hagati y'abana bo muli primary z'u Rwanda n'ibihugu byateye imbere nka Luxembourg. Abashobora gutekereza rero yuko tugomba kwigerageranya nabo muli biriya bihugu k'umusaruro dukura mu burezi byerekana yuko ibyo bize ntacyo byabamariye. You get out of your education system in proportion to what you put in. Ahubwo miseke iwacu turanagerageza.
Musubize29.10.2012 saa 11:01
Mwene Kalinda
Ano, urumusazi sha ntasoni ahubwo warusanzwe urumuswa pee, kuko kuva kera abanyarwanda nabahanga kandi babika ibanga ryiwabo urasebya urwanda se ngo ubiki ?
Musubize29.10.2012 saa 08:10
george
Ariko jye hari ikintangaza muri commets nyinshi mbonye hano. Benshi muravuga ko mujya kwiga hanze mugasanga level y'imyigishirize yo muri West isumbye iyo mu Rwanda. Nkibaza nti, igitangaje muri ibi ni iki ? Niba biriya ari ibihugu bikize, amashuri yabo amaze imyaka amagana, naho u Rwanda rukaba ahubwo ruri muri process yo kubaka ubushobozi haba mu burezi no mu zindi nzego murumva byagombye kuba bimeze gute kundi ? Nimumbwire ukuntu mushaka ko UNR ifite budget runaka n'abanyeshuri runaka izasohora abanyeshuri bafite level imwe na university yo muri Australia ifite budget ijya kungana n' iy' u Rwanda, abarimu bahagije kandi bari highly qualified, equipement iri high tech kandi ihagije, etc... Numva ntawe byagombye gutangaza ahubwo ikibazo kikaba hakorwa iki kugirango ireme ry'uburezi rizamuke ku buryo ryazagera aho ryegera iryo muri ibi bihugu. Naho gushaka ko bihita biba nonaha ni ukuba irrealistic cyane cyane ko nta n'utanga inama ku cyakorwa uretse gucritica gusa, ari nacyo kibazo dufite : kugaya gusa nta alternative utanga bisa nk'aho ntacyo bimaze. Jye kimwe mubyo mbona ni ubufatanye hagati y'ayo mashuri akomeye n'amashuri yo mu Rwanda ndetse no kuba ayo mashuri yafungura campuses zayo mu Rwanda nk' uko Carnergie Mellon yabikoze. Naho iby'amatiku yo kuvuga kohereza abana kwiga hanze, ni ikibazo cy'ubushobozi kuko no muri ibyo bihugu usanga abana b'abakire bari muri private schools zihenze cyane kuko zirusha nazo level public schools kure. No mu Rwanda ndetse birakorwa kuri level yo mu Rwanda nyine. Murakoze.
Musubize29.10.2012 saa 04:40
Minega
ese wabwiriki abibwirako level yabo ihagije bakiri mu rwanda ?
29.10.2012 saa 07:29
karikurubu
@Karikurubu : Nababwira kimwe n'abiga mu bihugu bindi byanateye imbere ndetse n'iyo baba biga muri University ya mbere ku isi : Ko kwiga bitarangira kandi ko gukora cyane ariryo banga ryo gutera imbere haba mu bumenyi ndetse no mu kazi. Nanababwira kureka kuganya ndetse no kunenga gusa badatanga alternatives ku bibazo bihari. Icyanyuma nababwira ni uko ikoranabuhanga rihari barikoresha biyungura ubumenyi aho kurikoresha mu matiku n'ibindi bidafite akamaro.
29.10.2012 saa 08:29
Minega
NUTEMERA UWURIWE NTANICYO UZABACYO !!! kugereranya system zo mu rwanda z iziburayi/amerika uba ushaka iki ? kuki utafata ubuhinzi, industrie.ugereranya...nico gituma bavuga developed/developing kera bavuga tiers monde...................................................................................... abagaya amashule mu rwanda bashimye iki urwanda rwakoze...ntimukabitindeho BUMVISE NABI OPPOSITION BIBAZA KO ARI UGUSENYA/GUTEMA...bantu mu vuga uwize mu rwanda iyo agiye mu mahanga icyitwa sciences atsindwa niki ? mu menye nibihugu byiburayi hari amasomo biga iyo bashaka kwiga ibifite specialities cg level badafite..ubwo se wavuga ngo nabo ntacyo bari barize !!!!!ngo murara mwicaye mwiga ibyabandi bize vuba ngo kugira mubone inota 1..nonese ibyo ni bibi rero.uwavuze za lab none ni ikibazo urwanda rufite cg ni dev/underdevlpmt igihugu kurimwo mwibaza ko izo za lab ino(eu) ba byutse zuzuye ???bo ntibazikora pole pole kandiuzabaze abava muri EAStern europe, hari ibihugu amashule yabo adafite level ya eu..bavuga se ko atacyo bize...muvuge nka wa mu lady ngo mu rwanda umwana arangiza second atazi kwandika izina rye..ngo ndabizi mpora nja kubasura(what lie=ngo bamenye ko ari muri opposition) none we ko ariho yize atitangiriraho kwivuga akavuga abandi ngo nibo batabishobora, we yabishoboye ate ???nta navuze ati amwe mu mashule ngo avuge categori, ngo tumenye abarangiza batazi gusoma abaribo OYAwe avuga abanyeshule boooose means system ya leta = na avuge system cg uko yumva byakosorwa = abivuge ! ko abagaya biha ababagaya gusa atari kwigaya ngo bikosore !!!!! reka ndangize BANYARWANDA kunda ibyo mwagezeho byiwanyu ibyo mudashima murebe ukwo mwabikosora MU GIHUGU cyabaturanyi....umwalimu(bamwe mu balimu) muri university ntibakosora abanyeshule kubera ubunebwe gusa, baterera copi(impapuro za exam hejuru iziguye ku meza bakaba bimutse iziguye hasi ni ugusubiramwo !!!!!hari aho mwari bwabone kuri web cg muri news paper bitonganya ???????none ko leta yohereza abanyeshule benshi hanze(igerageza kwohereza), nabandi twijyanyeyo...mugezeyo mutangiye gutuka AHO MWAVUYE..BIRABABAJE !§ !!
Musubize29.10.2012 saa 04:28
JEAN
nonese abibwirako ubumenyi bafite buhagije bo wababwiriki ?
29.10.2012 saa 07:30
karikurubu
koko peace nkawe uvuze iki ? Ishyari gusa. Wowe se wazagiyeyo ninde ukubujije. Ushaka kugenda wese afite uburenganzira bwokugenda kandi siwewenyine uriyo nabandi bose bishoboye barahigira
Musubize29.10.2012 saa 00:35
bebe
Basore mwekujyamukabya ubundise urwego rwibihugu byiburayi nirworwurwanda,usibye ikoranabuhanga naho ubundi murwanda bariga.njye nize sencondary school murwanda nyikomereza muri leta z'unzubumwe z'america ariko usibye ururimi naho high school zo murwandaziriga kbs ,mwekujya mukujyamukabya turacyiyubaka iryokoranabuhanga tuzarigeraho murwanda
Musubize29.10.2012 saa 00:26
gaven
@Ano na Marina muvuze ukuri nubwo kuryana ariko kurakiza, imyigire yo mu rwanda irababaje cyane. navuye mu rwanda nje gukora master's ariko mbabwize ukuri nta kintu twizwe peee, kubona inota mbanza kwikanira nkarara amajoro atabari ndwana kwiga amasomo ntahawe mu secondary school no mu university, ikindi nuko research dukora usanga abanyaburayi barangiza research yabo kare jyewe nkiri inyuma bakansobanurira mpaka nkabyumva. mu rwanda se sinahavuye naragize grande distinction ??? sha akanyoni katagurutse ntiksmenya iyo bweze kandi ngo utazi ubwenge ahima ubwe.
Musubize28.10.2012 saa 10:37
karikurubu
Ibyo uvuga biragaragarira mu inyandiko yawe, warangiritse pe ! Ubu se ahubwo wanarangije amashuri mato abanza ?
28.10.2012 saa 12:30
Mugabo
Nituvuga uburezi bw'ibanze, tujye dutandukanya ubwo mu giturage, primaries za leta ntacyo zitanga pe kandi nizo zigisha benshi, ntuzigera ugereranya umwana wize Green Hills n'uwize muri Kinyamakara ntaho bahuriye. abenshi rero ntibize uko bikwiye pe
29.10.2012 saa 00:44
Mahoro
Nyamuneka ntabwo Karikurubu ashobora gutandukanya imyumvire ye nabandi banyeshuri kuko hari abanyeshuri bava mu Rwanda bagatsinda abaho niba we ari umuswa ntiyabyitirira abandi. mu Rwanda barigisha abaswa nkawe barimo niba ubwo yigaga se atarabifataga seriously akibwira ko ariko bizaguma yumva bose ariko bameze ? Umunyeshuri nubwo yaba yarigiye mu gihugu giteye imbere ariko ntashyire imbaraga ko byo yiga ahubwo agasomera ikizamini nta mpamvu bitazahora bimutsinda
29.10.2012 saa 08:24
rwego
Ugaya ibye abyibiramo. Shima aho ugeze ushyireho akawe naho kuvuza urwamo ngo warasigaye sibyo bizatuma ugera iyo ujya. Ubwo se utaniye he n'umuntu ubuzwa amahoro nuko urugo ingo z'abandi zisumba urw'iwe. Haranira kugeza ireme ry'uburezi mu gihugu cyawe aho ubona rikwiye kugera ariko wemere ko n'ibyo mwiga ariyo byaturutse. Naho miseke irarwanya.
29.10.2012 saa 10:20
Tharcisse
jye siko byagenze, nagezeyo umwaka wa mbere urangora kubera ururimi, ariko ndimuka ku manota make(11.4/20), umwaka wa kabiri byagenze neza(13.2/20), ukurikiyeho(14.5), umwaka usoza cycle ya 2 nagize amanota meza (16.0/20) ari nayo yari aya mbere mbibonera n'igihembo, ndongeraho ko n'ibyakurikiyeho nta gusubira inyuma byabaye. Karikurubu, ushobora kuba utarize neza kuva mu mashuri abanza cg se ayo manota wabonye mu mashuri makuru ukaba warayabonye utayakwiye. icyo nemeza ni uko abo banyamahanga uvuga baturusha indimi kuko bazigamo bakiri bato ariko ntibaturusha gutekereza, none se ntiwabonye ko iyo tumaze gushira impumu tubarusha gutsinda, iyo tugeze ku mubare ho biba ibindi ; hari abajyaga babaza ngo mu Rwanda bagaburira iki abana babo ngo bamenye imibare kurusha abandi....
29.10.2012 saa 15:21
Ntabwo ari ibanga abo bafashwe ni aba kongomani babiri bavuka i kinshasa kamera zo mumuhanda nizo zabashije ku bakonfonda , ikindi kandi abo bahungu basanzwe bazwi na polisi y'ububiligi mubindi bikorwa by'ubugizi bwa nabi gucuruza arumogi no kwiba mu mamodoka. ndetse umwe yari amaze igihe gito avuye muri gereza. nizere ko bazabakanira urumukwiye bakakwa ubwenegihugu cy'ububirigi bakabohereza iwabo muri kongo .
Musubize28.10.2012 saa 05:01
kalisa
Uwiyise Pease, ndabona azicwa n'amashyali gusa gusa , ninde se wamubeshye ko uburezi bwo mu rwanda butagira ireme ? None se ko bava ino bakajya iyo mu burayi na Amerika bakubwiye ko batsindwa iyo bagezeyo ? Uzabaze baranatsinda cyane ndetse, kandi baba bigiye hano , maternelle , primaire, secondaire, ndetse hari nabajyayo bagiye gushaka Masters cg PHD gusa ibindi barabyigiye mu rwanda bagatsinda kurusha abatangiriyeyo amashuli yo hasi. Peace nawe kandi urabizi n'uko ukunda kwisebereza u Rwanda.
Musubize28.10.2012 saa 04:14
Berno
Nibyo koko ko kwigira mu Rwanda amashuri yo hasi bidasobanura gutsindwa ; ariko nkanjye uri kwiga hanze ndakumenyesha y'uko bigusaba kwiyuha akuya kugirango umuntu atsinde : kubanza kugera ku rwego rw'abandi maze ukongeraho n'ibyo mwiga mu ishuri. Ndakubwiza ukuri ko uburezi butandukanye, uburyo hano abanyeshuri batekereza (critical thinking yabo) itandukanye n'iyacu cyane kuko barabanguka mu bintu byose hakwiyongeraho ibya engineering ugasanga nta na lab wigeze ujyamo na rimwe naho we azi ibikorerwamo hafi ya byose. None se ubwo wagereranya izo systemes z'uburezi ?
28.10.2012 saa 06:57
Ano
Berno, nushaka ubyemere uburezi bwiwacu buri hasi cyane, nibyo abanyarwanda tujya hanze tugatsinda, nahakoreye Masters ndabizi, kwigana nabo ubanza kwibaza niba wowe wari ze ??ubundi nyine ukagenda umenyera ariko wize amanywa nijoro ugashyira ukabitsinda, bo bigishwa muburyo buri advanced kubwiwacu guhera hasi.
28.10.2012 saa 09:30
Marina
we sha Berno, uzabanze ujye kwiga muri ibyo bihugu, nurangiza ubone gukora igereranya. ikigaragara ni uko uretse system y'imyigire yo mu Rwanda nta handi wigeze wiga ngo urebe. iyo uba waragize amahirwe yo kwiga hanze (amerika, canada cg uburayi) ntabwo uba uhamya ko mu Rwanda abantu biga. njye ubikubwira niga muri university ikomeye iri mu za mbere muri engineering muri US.
28.10.2012 saa 12:33
Gakuba
Mumbaze jyewe ndi kuhiga Master ariko abazungu bateye ubwoba, baba bafite level irenze iyacu kure, twe turatsinda ariko byadutwaye amanwa n'ijoro, mu gihe bo baba bibereye ku gahiye ubundi bagakoresha igihe gito gishobotse. Jye baba bambwira ngo nze tujye gusangira nkavuga nti sinabishinga da !
28.10.2012 saa 19:08
Karera
Twishimiye umubano mwiza u Rwanda rufitanye na mahanga.
Musubize28.10.2012 saa 03:29
Uwamariya
Twishimiye umubano mwiza u Rwanda rufitanye na mahanga.
Musubize28.10.2012 saa 03:28
Uwamariya
Birashimishije kumva ko nibura hari ibimenyetso bigaragaza ko uwo musore Ntawukuriryayo abamuhohoteye bashobora kuvuga impamvu nubwo bikiri mu ntera yo gukeka. Ubwo Ambasador w’u Rwanda mu Bubiligi azafatanya n'izo nzego za Polisi gushakisha byimazeyo ibimenyetso bifatika kuko aribwo icyaha kiba gifatika. . “Nubwo akazi kakozwe na polisi yaho gashimishije, ariko kugira ngo abo bantu bashyikirizwa ubutabera hagomba gushingirwa ku bimenyetso bifatika kubera amategeko y'ibihugu agenda atandukana. Ntarugera François
Musubize28.10.2012 saa 01:57
Ntarugera François
nta tegeko ribaho ku isi ryemera ubutabera budashingiye ku bimenyetso bifatika...
29.10.2012 saa 15:28
Ese ubundi ko bavuga guha ireme uburezi bw'iwacu, bakaba bijyanira abana babo kwiga iyo za buraya na amerika guhera high school kugeza baminuje, aho siyo mpamvu badahangayikishijwe n'uburezi budahammye !? Abo bagizi ba nabi nabo babura umuhigi bakadukira imbwa ye bakwiye guhigwa bukware maze bagahannwa by'intangarugero !
Musubize28.10.2012 saa 01:40
Peace
Uyu muhungu wa Perezida wa Sena y'u Rwanda ubusanzwe afite ubwenegihugu bubiri : U Bubiligi n'ubunyarwanda.
Musubize28.10.2012 saa 00:37
Dirk
ibyo kugira ubwenegihugu bubiri ntacyo bivuze sibyo byari gutuma ahohoterwa !Ntukivange mubuzima bwite bw'umuntu !
28.10.2012 saa 03:12
mugabo jean
@Mugabo jean, buriya Dirk avuze kintu ki kibi muri iriya nteruro ye koko ? Hari abasigaye bumva ko ibitecyerezo bafite n'abandi bose bagomba kubigira ! Btaba ibyo bakaba baciye inka amabere ! Kanguka, dore itangazamakuru rigeze kure !
28.10.2012 saa 04:54
Mwidishyi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!