IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Icyiciro cya nyuma cy’ingabo z’u Rwanda cyasimbuwe muri Sudani y’Amajyepfo


Yanditswe kuya 21-02-2013 - Saa 15:44' na James Habimana

Mu gihe hari hashize iminsi abasirikare b’u Rwanda 850 babungabunga umutekano muri Sudani y’Amajyepfo basimburwa, icyiciro cya nyuma kigizwe n’abasirikare 146 bageze i Kigali ku wa Kane tariki ya 21 Gashyantare 2013, bahita basimburwa n’abandi.

Ingabo z’u Rwanda zasimbuwe, zari mu cyiro cya 5 ari nacyo cyuma cy’abasirikare 850 bo muri Batayo ya gatatu imaze amezi icyenda mu mutumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, basimbuwe na bagenzi babo 146 bo muri Batayo ya 47.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga, yakira abavuye mu butumwa bw’amahoro, yabashimiye ingufu bakoresheje mu guhesha agaciro u Rwanda, bakaba banashimwa n’abayobozi ba Sudani y’Amajyepfo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Lt Gen Kayonga ati “Umuhigo w’ingabo z’u Rwanda(RDF) muwushoje neza, ubu mugiye kutubwira neza uburyo mwashoje inshingano zanyu, zinashimwa n’abasirikare ba Sudan bari hano mu Rwanda. Mukomeze ubutwari bwanyu kandi amasomo mu vanyeyo, muzayageze no kubazajyayo babasimbuye.”

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga yakira Brig. Gen. Andrew Kagame wari uyoboye iyi batayo ya gatatu irangije ubutumwa muri Sudani y'Amajyepfo

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, yatangarije ko aba basirake muri Sudan y’Amajyepfo bakoraga ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bakongeraho no gufasha abaturage ibikorwa by’iterambere.

Brig. Gen. Andrew Kagame wari uyoboye iyi batayo ya gatatu irangije ubutumwa, yatangaje ko bimwe mu bikorwa bakoze birimo kubaka imihanda n’ibiraro, gusana ibibuga by’indege, nk’icya Tambura cyari cyarangiritse, ariko ubu indege zikaba zigikoresha.

Brig Gen Kagame agaragaza ko banafashaga abaturage bo hasi kwiteza imbere ati “Abaturage ba Sudani, mbere wasangaga batazi guhinga bahingishaga ibiti, ariko tumaze kugerayo twabaguriye amasuka 500 ku buryo ubu dusize n’imyaka yeze.”

Indege ya Rwandair imaze kugera i Kanombe izanye ingabo zirangije ubutumwa bw'amahoro muri Sudani y'Amajyepfo
JPEG - 39.5 ko
Lt Gen. Charles Kayonga ashimira ingabo zirangije ubutumwa

Amafoto/Steve Ndizeye

IBITEKEREZO
ndazikunda
Musubize27.02.2013 saa 13:07
sekamana
Ngabo zu Rwanda rwacu rwatubyaye nkunda mukomeze ubutwari bwanyu nokwitangira igihugu cyacu imana izabitura ibyiza kubyo mukora byose mutaruhuka kugirango mucunge umutekano ndabakunda peeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee.
Musubize24.02.2013 saa 15:33
muvunyi
ndiyo kabisa. morale ya RDF igomba guhora iri juu said . Arega buriya ubutwari butangira kare, nonese wibwira ko utarushye ngo uce mubuzima bubi unshobora kugira icyo wageraho ? NImureke umutekano dufite mu gihugu cyacu tuge kuwusogongeza no mumahanga bumve uko uryoshye. " INTEGO YACU NI UGUHINDURA ISI ABAYITUYE BAKAGUBWA NEZA "
Musubize23.02.2013 saa 04:09
MUKESHIMANA ISMAEL
RDF izihirwe... Biyemeje kururinda. Ndabakunda cyane
Musubize22.02.2013 saa 10:37
gogo
MUKOMEZE UBUTWARI KANDI IMANA IJYE IBAGENDA IMBERE NDABAKUNDA CYANEEEEEEEEEEEEEEEEEEE !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
Musubize22.02.2013 saa 10:27
IMMACULEE
ngabo z'urwanda, mukomeze ubutwali, ijuri ryo ni ryanyu kuko ni iryi intwali.
Musubize22.02.2013 saa 04:24
Cento
turabemera ngabo zurwanda peeeeeeeeeeeeeeee@yahoo.com nuko.....?
Musubize22.02.2013 saa 03:39
T. U
Ku gihe, igihe mwahereye mukora muzagure camera isobanutse, ayo mafoto ntajyanye n'igihe tugezemo
Musubize21.02.2013 saa 09:53
kk
Mageshi ya RDF ubutwari bwanyu ntacyo umuntu yabugereranya nabwo kabisa morale ya kira usiku,upendo na usalama na usaidiaji bwabutwari mwahoranye kuva kera nibwo bukigaragaza kweli !!!icyo nababwira ni [songa mbere hatuwezi kurudi nyuma]
Musubize21.02.2013 saa 08:58
The Guners
Natwe abaTT turabifuriza imirimo myiza yeee ! Songa mbelleeeee !
21.02.2013 saa 11:25
Migambi
Turabemera cyane ngabo z'urwanda n'ubundi mwatumye turutaha murakaramba musagambe.We are indeed proud of you
21.02.2013 saa 14:23
MUKESHA

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!