Mu gihe hari hashize iminsi abasirikare b’u Rwanda 850 babungabunga umutekano muri Sudani y’Amajyepfo basimburwa, icyiciro cya nyuma kigizwe n’abasirikare 146 bageze i Kigali ku wa Kane tariki ya 21 Gashyantare 2013, bahita basimburwa n’abandi.
Ingabo z’u Rwanda zasimbuwe, zari mu cyiro cya 5 ari nacyo cyuma cy’abasirikare 850 bo muri Batayo ya gatatu imaze amezi icyenda mu mutumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, basimbuwe na bagenzi babo 146 bo muri Batayo ya 47.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga, yakira abavuye mu butumwa bw’amahoro, yabashimiye ingufu bakoresheje mu guhesha agaciro u Rwanda, bakaba banashimwa n’abayobozi ba Sudani y’Amajyepfo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.
Lt Gen Kayonga ati “Umuhigo w’ingabo z’u Rwanda(RDF) muwushoje neza, ubu mugiye kutubwira neza uburyo mwashoje inshingano zanyu, zinashimwa n’abasirikare ba Sudan bari hano mu Rwanda. Mukomeze ubutwari bwanyu kandi amasomo mu vanyeyo, muzayageze no kubazajyayo babasimbuye.”
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, yatangarije ko aba basirake muri Sudan y’Amajyepfo bakoraga ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bakongeraho no gufasha abaturage ibikorwa by’iterambere.
Brig. Gen. Andrew Kagame wari uyoboye iyi batayo ya gatatu irangije ubutumwa, yatangaje ko bimwe mu bikorwa bakoze birimo kubaka imihanda n’ibiraro, gusana ibibuga by’indege, nk’icya Tambura cyari cyarangiritse, ariko ubu indege zikaba zigikoresha.
Brig Gen Kagame agaragaza ko banafashaga abaturage bo hasi kwiteza imbere ati “Abaturage ba Sudani, mbere wasangaga batazi guhinga bahingishaga ibiti, ariko tumaze kugerayo twabaguriye amasuka 500 ku buryo ubu dusize n’imyaka yeze.”

Amafoto/Steve Ndizeye
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |