Abimukira barenga 42 bapfiriye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kamena mu gihugu cya Tanzaniya, nyuma yo kubura umwuka ndetse n’ibyo kurya mu gihe bari mu ikamyo.
Ibi biratangazwa na Minisitiri w’umutekano muri icyo gihugu Pereira Silima. Nk’uko ubuyobozi bw’inzego zibanze mu Ntara ya Dodoma bwabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, ngo iyo kamyo yari itwaye abantu barenga ijana, ariko kugeza ubu ntiharamenyekana inkomoko yabo uretse ko bikekwa ko baba bakomoka muri Ethiopia nk’uko BBC yabitangaje.
Bakomeza bavuga ko nyuma yaho umushoferi wari utwaye iyo kamyo aboneye ko atwaye abantu bapfuye, yahise ahunga.
Iyi mirambo y’aba bantu yasanzwe mu ikamyo mu Ntara ya Dodoma mu birometero 400 uvuye mu Murwa Mukuru Dar es Salaam.
Mukwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Abanyasomariya barenga 20 nabo barapfuye ubwo bari mu ikamyo nabwo bazize kubura umwuka.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Tanzaniya Isaac Nantanga, yatangaje ko umubare w’abaturage baca muri icyo gihugu baturutse mu bihugu bya Somalia na Ethiopia bajya gushaka ubuzima muri Afurika y’Epfo ukomeje kwiyongera.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kenya : Nta kazi ka leta nshaka-Raila Odinga
20.05.2013 |
|
Imyitozo y’ingabo, abapolisi n’abasivili mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba yatangiye
20.05.2013 |
|
Imirwano ya FARDC na M23 yongeye kubura
20.05.2013 |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |