Ghana : Inkambi y’abarozi imaze kugeramo abagore basaga 1,000


Yanditswe kuya 2-09-2012 - Saa 06:29' na Jotham Ntirenganya

Muri Ghana hari inkambi y’ abaketsweho kuba abarozi, igizwe n’imidugudu 6, ihungiramo abagore n’abakecuru baketsweho kuroga abantu, ubu bamaze kurenga 1000. Abafashwe bataragera muri ako gace barakubitwa, bagatotezwa, bakaba banakicwa.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, iyi midugudu imaze imyaka irenga 100 ibayeho, yatangiye ubwo abayobozi b’imidugudu isanzwe mu ngo bashakaga kurokora abantu bicwaga bakekwaho kuroga.

Imyubakire y’iyi midugudu, igomba kuba yubakitse nk’utururi (nyakatsi nto cyane),nta mazi cyangwa umuriro w’amashanyarazi bagomba guhabwa, ibisenge by’izo nzu bigomba kuba bishaje cyane. Kugeza ubu hacumbitse abagore basaga 1,000.

Nk’uko BBC ikomeza ibivuga, usanga n’ iyo habaye ihinduka ry’ikirere abantu bakarumbya usanga byitirirwa abarozi, ugasanga abaturage bibasiye abantu runaka bakabagirira nabi.

Ubwo umunyamakuru wa BBC yahageraga, yabonye umuhungu wari utwaye umukecuru w’imyaka 82 kuri moto yiruka cyane, amujyanye mu nkambi y’abarozi ngo batamwica.

Uwo mukecuru yitwa bita Samata Abdulai, yagize ati : “Muri Ghana iyo hagize ugutunga urutoki ngo uraroga, iyo udahunze urapfa”.

Inkambi y’abakekwaho kuroga iri mu ibiro metero 3,3 , kugira ngo ugere ahaboneka amazi. Samata akavuga ko kwikorera ikibindi uri umukecuru nikomeye. Bamwe mu bakecuru baganiriye na BBC, bavuze ko bagiriwe ishyari, ubugome, n’urwango.

Leta ya Ghana nayo yatangaje ko kubashyira ukwabo ari uburyo bwo kurengera ubuzima
bwabo, kandi iyo bagezeyo bashobora gukora ubucuruzi buciriritse.

IBITEKEREZO
Ahubwo abo icyaha gihamye bagombye kubafunga naho ubundi ni ukorora umuco wo kudahana. Hanyuma ubwo bakubeshyera warenganurwa nande ? Africa we !
Musubize3.09.2012 saa 08:22
citoyen
Ariko se ibi byo ni iki iri si ivangura kweri ? Ariko se ubuyobozi bw'iki gihugu iyo bukoze ipererza basanga koko ari abarozi ? bariya bana mbonamo nabo ni abarozi se ? Yego abarozi babaho, ariko bakagombye kwegerwa bakagirwa inama yo kureka uwo mwuga kuko ntacyo wabagezaho ; ntibacibwe muri societé ! Buriya se abagabo babo babahe ? Ese ntabarozi babagabo babaho ko bo ntacyo babavuzeho ? Birakomeye ngo agahugu ukwako akandi ukwako biriya biratangaje. Abavugabutumwa babonye ikiraka bagerageze guhindura bariya bagore kuko ntagahugu k'abarozi.
Musubize3.09.2012 saa 00:29
Dan Suzi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!