Iki cyemezo cya Minisitiri w’Uburezi kije nyuma y’impungenge zagaragajwe n’ababyeyi z’uko abanyeshuri basabwa kwishyura amafaranga y’amasomo bahererwa kuri internet kandi n’ubundi ibyo biga bazabisubiramo mu gihe amashuri azaba yongeye gufungura.
Aya mafaranga amashuri asabwa gusubiza ababyeyi ni ay’igihembwe cya mbere kuko abanyeshuri batashye muri Werurwe bamaze kwiga amezi abiri mu gihe bagombaga kwiga kugera mu mpera za Mata.
Ibi bije mu gihe hari hashize iminsi mike Minisitiri George Magoha atangaje ko muri iki gihugu amashuri abanza n’ayisumbuye azongera gufungura mu mwaka utaha wa 2021.
Kuva Coronavirus yagera muri Kenya, hamaze kuboneka abarwayi 8525, abamaze kuyikira ni 2593 mu gihe 169 bitabye Imana.



















TANGA IGITEKEREZO