U Bufaransa : 68% y’Abafaransa bahangayikishijwe n’imibereho y’abo y’ejo hazaza


Yanditswe kuya 1er-09-2012 - Saa 12:18' na Abdou Nyampeta

Mu gihugu cy’u Bufaransa haravugwa ko morali y’abaturage yagiye igabanuka nyuma y’amatora ya Perezida wa Repubulika aheruka kubera muri cyo gihugu. bivugwa ko Abafansa benshi batizera ejo heza hazaza nk’uko babyijfuza, nubwo hagiye haba isumburana ku butegetsi bw’abanyapolitiki batandukanye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru “Le Figaron”, avuga ko mu iperereza ryakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ku bitekerezo by’abaturage n’iyigwa ry’amasoko IFOP (Institut Français d’Opinion Publique et d’études de marchés), kivuga ko 68 % ry’Abafaransa bahangayikishijwe bo n’urubyaro rwabo kw’ejo hazaza.

Iyo mibare yegereye cyane iyari yakozwe na none na IFOP muri Kanama 2005 ( yo yagaragaje abafite icyizere gike bangana na 70%) , mu rwego rwo kumenya imibereho y’abaturage, igikorwa cyatangiye mu 1995.

Nkuko IFOP ibivuga, na none hongeye kubaho impagarara zikomeye ku cyizere cy’imibereho y’ejo hazaza kw’abaturage b’Abafaransa, ibintu bigararagaye mu ntangiro ya manda y’umukuru w’igihugu François Hollande. Ubwa mbere byabaye muri Kanama 2002 ubwo Jacques Chirac yari amaze gutorwa (34%) , bisubira muri Kanama 2007 igihe noneho cya Nicolas Sarkozy ( 50%), none bisubiye ku gihe Francois Hollande (68%).

Mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka, ababajijwe bose 65%, bagaragaje impungenge ku mibereho yabo n’urubyaro rw’abo by’ejo hazaza. Mu baturage babajijwe abafite imyaka ikabakaba 65 y’amavuko nibo bafite impungenge kurusha abandi (74%), abatagifite icyo bakora bo ni 72% mu gihe abacuruzi bo ari 70%.

IBITEKEREZO
reka sha kubaseka ahubwo nawe ,nanjye twitabaze uwiteka ibihe byanditswe birasohoye.inzara ,ibyago,intambara..........naho se uraseka iri uwuhe
Musubize3.09.2012 saa 07:56
zzzzzzzzz
Biroroshye nibarebe igihugu cyaba kigifite petroli bateze akavuyo.
Musubize3.09.2012 saa 06:56
eloi
Barebye agahugu gafite petroli cg ubundi butunzi bigaruriza.
Musubize2.09.2012 saa 05:30
Islamist

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!