Abahawe igihano cy’urupfu ni Jack Harold Jones Jr na Marcel Wayne Williams, bombi bakaba barahamwe n’ibyaha byo kwica no gufata ku ngufu.
Bishwe hakoreshejwe uburyo buzwi nka Lethal injection, aho baterwa uruvange rw’imiti ituma bapfa mu gihe gito kandi batabanje kumva ububabare.
Abanyamakuru batandukanye bari aho iki gikorwa cyabereye, bahamije ko uburyo byakozwemo nta bubabare bwagaraga ku maso ya Jones cyangwa Williams.
Jessi Turnure, ukorera CNN yavuze ko nubwo atabonye gushinyiriza cyangwa ubwoba mu maso yabo, bishoboka ko ububabare bagize bwari imbere ku buryo batabasha kubibona.
Jacob Rosenberg ukorera The Guardian, we yagaragaje ko atari kubasha kumva niba Williams yatabaje nyuma yo guterwa uriya muti, kuko akuma gasohora amajwi bahise bagakuraho.
Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, Jones yatewe uriya muti 7:06, batangaza ko yamaze gushiramo umwuka saa 7:20 z’ijoro. Mbere yo kumutera umuti, bamuhaye umwanya wo kugira icyo atangaza, avuga ko atari inyamaswa ahubwo hari impamvu yamuteye gukora biriya byaha.
Williams we yashizemo umwuka saa 10:30 z’ijoro, nyuma y’iminota 17 atewe uruvange rw’imiti igamije kumwica.
Biteganyijwe ko kuwa Kane uwitwa Kenneth Williams, nawe azahabwa igihano cy’urupfu muri ubu buryo.
Kuva uyu mwaka wa 2017 watangira, abagera ku icyenda bamaze guhabwa igihano cy’urupfu. Umwaka ushize cyari cyahawe abantu 20.



















TANGA IGITEKEREZO