Ku nshuro ya kabiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Barack Obama agiye gusura ibihugu byo musi y’ubutayu bwa Sahara, mu kwezi gutaha kwa Kamena ategerejwe i Dakar muri Senegal.
Amakuru dukesha allafrica atangaza ko Perezida Obama azagirira urugendo muri Senegal kuwa 26 kugeza 28 Kamena, hanyuma akomereze uruzinduko muri Afurika y’Epfo.
Perezida Obama azaba aherekejwe n’umugore we Michelle Obama hamwe n’abakobwa be babiri Malia na Sacha.
Perezida Obama nka Perezida wa Amerika yageze inshuro imwe muri Aurika ubwo nyuma gato y’uko atorwa yagendereye Ghana.



















TANGA IGITEKEREZO