Icyo gihe icyoba cyari cyose mu baturage, benshi barahunze, abandi bavanwa mu byabo, ndetse ihuriro ry’ingabo za RDC, by’umwihariko abagize Wazalendo na FDLR, ubwo babonaga bageramiwe batangiye kwirara mu baturage, barasahura, hamwe bakabarasa, bangiza ibikorwa remezo byinshi birimo n’Ikibuga cy’Indege cya Goma.
Muribuka ko muri uwo mujyi ari ho hari ibirindiro bikomeye by’ingabo zari mu butumwa bw’umuryango wa SADC, hafi aho hari abacanshuro, hari ikigo cy’ingabo ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye, MONUSCO, ikiruta byose, igisirikare cya RDC cyari cyarahashyize intwaro nyinshi zikomeye, byahishuwe ko zari mu mugambi wo gutera u Rwanda.
Kera kabaye, ku wa 27 Mutarama 2025, inkuru y’ihumure yongeye kumvikana mu matwi y’abatuye uwo mujyi, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwatangazaga ko bwabohoye uwo mujyi ku buryo bwuzuye.
Umuvugizi w’uyu mutwe mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yaragize ati “Turasaba abatuye i Goma gutuza. Kubohora uyu mujyi byarangiye neza kandi ubu ibintu biri ku murongo.”
Kuva icyo gihe ibintu byarahindutse i Goma, umujyi wari isenga y’amabandi, abambuzi n’abagizi ba nabi, umujyi wari wuzuye urugomo ahanini rwanakorwaga n’ingabo za Leta, by’umwihariko hibasirwa abavuga Ikinyarwanda, nubwo n’abandi batari mu butengamare, wahindutse umujyi ugendera ku murongo ndetse umutekano w’abantu n’ibintu bigirwa nyambere.
Ni ibihe byakurikiwe no gushyiraho ubuyobozi bushya bw’uyu mujyi bikozwe n’Ihuriro AFC/M23, abaturage barahumurizwa, bongera kugarura icyizere cy’imibereho myiza nyuma y’imyaka myinshi bacunaguzwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.
Abaturage bahaye ikaze AFC/M23, ubuzima butangira kugaruka buhoro buhoro, abari barahunze barahunguka, urujya n’uruza rwikuba inshuro nyinshi ugereranyije na mbere, abakora ubucuruzi n’ibindi bikorwa batangira gusingiza AFC/M23 kuko yabakijije guhorana urwikekwe bakaba basigaye bakora batuje haba ku manywa na nijoro.
Abayobozi ba AFC/M23 batangiye gufatanya n’abaturage mu bikorwa bigamije kugarurira isura nziza uwo mujyi, birimo umuganda rusange n’ibindi. Ibikorwa by’ubucuruzi byarongeye birasubukurwa ndetse hashyirwaho banki zifasha abaturage muri ubwo bucuruzi.
Kuri ubu, abayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ab’Umujyi wa Goma ndetse n’aba AFC/M23 muri rusange, bakomeje ibikorwa byo guhuza abaturage binyuze mu nama zitandukanye, kubasanga mu nsengero na za Kiliziya, abana bajya ku mashuri nk’uko bisanzwe.
Bite i Goma y’uyu munsi?
Mu minsi ishize ubwo itsinda ry’abanyamakuru ba IGIHE ryasuraga Umujyi wa Goma, ryasanze ari umujyi utandukanye n’uwo mu myaka yabanje ubwo Uburasirazuba bwa RDC bwari bwarayogojwe n’imitwe y’iterabwoba irimo uwa FDLR.
Kuri ubu M23 yagaruye ituze n’amahoro muri Goma, abaturage muhuye mu nzira, iyo ubabwiye ko uri umunyamakuru bagusanganiza inkuru y’uko bifuza ko amahanga amenya ko ubu basigaye baryama bagasinzira, bakabyuka bakajya mu mirimo yabo uko bikwiye.
Amahoteli arimo Serena Hotels, Hôtel Cap Kivu, Ihusi Hotel n’izindi nyinshi zasubukuye ibikorwa ndetse ubu urujya n’uruza rw’abagana serivisi zitangwa na hoteli rukomeje kwiyongera umunsi ku munsi.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Mujyi wa Goma, babwiye IGIHE ko kuri ubu basigaye bakora bakunguka, bagakora nta bwoba bwo kwamburwa kuko bafite umutekano.
Ni ko bimeze kandi ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka baba abavana ibicuruzwa i Goma babijyana i Rubavu mu Rwanda ndetse n’ababivana ku ruhande rw’u Rwanda bajya kubicuruza mu Mujyi wa Goma.
Ibihe byiza nagiriye i Goma
Ubusanzwe nk’undi wese wumva ko ahantu hataramara n’amezi atandatu havuye mu ntambara, kujya gutembererayo wakeka ko ari igitekerezo kibi ndetse ushobora no kurenga ukambona nk’uwari ugiye kwiyahura. Ubaye ari uko ubyumva sinakurenganya kuko nanjye ubwo nahagurukaga i Kigali numvaga imitima ari myinshi.
Nk’umugabo ariko noneho nk’umunyamakuru uremye mu matsiko yo gushaka kugera aho abandi batabasha kugera ngo mbabere ijisho, nafashe icyemezo nzamuka Shyorongi, mfata Rulindo, Buranga manuka za Kivuruga ninjira mu Mujyi wa Musanze.
Nguwo Nyabihu ninjira Akarere ka Rubavu mbere y’uko nerekeza ku mupaka nkambuka nerekeza i Goma. Uwavuga ko aha ariho natangiye gutinyukira ntabwo naba mbabeshye kuko nabonye urujya n’uruza rw’abinjira n’abasohoka ntangira kugira icyizere ko hakurya nta kibi kiriyo.
Nubwo narimaze kwirema agatima ariko, ak’ubwoba ntikaburaga. Nyuma yo gusohoka ku mupaka nahamagaye uwagombaga kumfasha aza kunyakira abanza kuntembereza gato, ariko kuko bwari bwije yahise anjyana kuri hotel njye n’itsinda ry’abo twari kumwe tubanza kuruhuka.
Ukigera i Goma uhita ubona ko ubuzima butandukanye n’ubw’i Rubavu nubwo uba uharebesha ijisho, uretse amafaranga y’aho adakanganye, ni umujyi ukoreshwamo Amadorali ya Amerika cyane ariko ni yo ufite amafaranga y’u Rwanda ntabwo bayanga.
Amafaranga y’u Rwanda akubye kabiri ayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikindi wamenya ni uko ukirenga ikirometero kimwe uvuye ku mupaka uba umaze gutakaza umurongo w’itumanaho wo mu Rwanda, kugira ngo ukomeze ubuzima bisaba kuba waguze Simcard yaho cyangwa ukirirwana n’ufite umurongo waho akakurahurira.
Nubwo nari ngeze kuri hoteli kuryama byaranze nsaba ya nshuti yanjye ko yantembereza nkareba Goma ya nijoro. Mu by’ukuri nubwo utahamya ko ishyushye bikabije kuko umutima utarasubira mu gitekereko neza ku batuye uyu mujyi, hari utubyiniro tumwe na tumwe tuba twabiciye dukora amasaha 24.
Icyakora kubera bwa bwoba nakubwiye nari mfite, ubwo nasohokaga nijoro nta kintu nitwaje yaba telefone cyangwa ibyuma byanjye bifata amashusho.
Ku rundi ruhande ariko sinjye wabonye ijoro ricya, nabyukiye mu Mujyi si ukuwuzengurukamo nivayo, mbega umujyi ufite isuku n’umutekano! Urakata inguni zose uhura n’abapolisi ba AFC/M23 rimwe na rimwe ukabisikana n’imodoka z’abasirikare bacunga ko nta wabanyura mu rihumye.
Abaturage b’i Goma bashinjwaga kugirira urugomo Abanyarwanda babafitiye urugwiro rudasanzwe cyane ko abenshi baba banumvikana mu Kinyarwanda, utakizi mukaba mwaganira mu Gifaransa cyangwa hakagoboka uzi rumwe muri izo akabasemurira.
Nyuma yo gutembera inguni zose za Goma nkibonera uko uyu mujyi umeze nyuma y’igihe gito ubohowe na AFC/M23, nazinze ibikoresho byanjye nsubira ku mupaka ndataha.
Amafoto: Shumbusho Djasiri




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!