Ubwo Perezida Chapo yageraga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, yakiriwe n’abayobozi barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe.
Mu bakiriye uyu Mukuru w’Igihugu kandi harimo Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, Umuyobozi Mukuru wa Polisi, CG Felix Namuhoranye, n’Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Havugiyaremye Aimable.
Ambasaderi wa Mozambique mu Rwanda, Amade Miquidade, yasobanuye ko uru ruzinduko rwa mbere Perezida Chapo yagiriye mu Rwanda nk’Umukuru w’Igihugu rugamije gukomeza ubufatanye mu nzego zirimo igisirikare, cyane cyane mu kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado, ndetse no mu rwego rw’ubukungu.
Yagize ati “Byiyongera ku birebana na politiki n’umutekano, uruzinduko rwa Perezida kandi rureba no ku rwego rw’ubukungu. Hateganyijwe inama n’abashoramari barimo abahagarariye urwego ruteza imbere ishoramari.”
Biteganyijwe ko ku gicamunsi Perezida Chapo yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, bagirane ikiganiro kibera mu muhezo.
Nyuma y’ikiganiro cy’abakuru b’ibihugu bombi, hateganyijwe inama ihuza abayobozi bo mu nzego zitandukanye z’u Rwanda na Mozambique, irebana n’ubufatanye.
Kuri uyu wa 27 Kanama, biteganyijwe kandi ko Perezida Chapo asura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yumve ubuhamya, anibonere ibimenyetso ku mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo mbere yo kongera kwiyubaka.
Ku wa 28 Kanama, Perezida Chapo azaganira n’abashoramari bo mu Rwanda barimo abifuza gushora imari muri Mozambique, asure icyanya cyahariwe inganda giherereye i Masoro kugira ngo arebe iterambere uru rwego rugezeho n’ibyo igihugu cye cyakwigana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!