00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu mafoto 85: Kuva i Goma kugera i Masisi ubuzima bwaragarutse (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy, Shumbusho Djasiri
Kuya 3 July 2025 saa 01:08
Yasuwe :

Ibirometero bikabakaba 80 uvuye mu Mujyi wa Goma bitewe n’aho wahagurukiye, urugendo rwo ni amasaha abarirwa muri abiri cyangwa atatu ubaye uhamenyereye kandi wihuta, icyakora ujyanye abantu batifuza kugenda bavunagurwa n’imikuku yo mu muhanda n’amasaha ane yashira ukigenda.

Ngurwo urugendo Goma-Masisi, rumwe benshi mu bavuga Ikinyarwanda bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakunze gukora bajya gusura imisozi miremire itatse ubwatsi butoshye buragiyemo amashyo y’inka.

Ni abahinzi n’aborozi bakunda inka kurusha ikindi kintu cyose, abo mvuga nta bandi ni abaturage b’i Masisi mu Burasirazuba bwa RDC.

Aka gace ni kamwe mu twagiye twibasirwa bikomeye n’ingabo za FARDC n’imitwe bafatanya irimo na FDRL, kugeza ku rwego batwikiye benshi mu bahatuye abandi inka batabashije kwiba bakazica urubozo.

Hatuwe n’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda, bibasiwe kuva ingabo za Ex-FAR zahungira ku butaka bw’iki gihugu mu 1994.

Ku wa 4 Gashyantare 2025 ni bwo ingabo za AFC/M23 zigaruriye aka gace zirokora abaturage bari bagoswe n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifatanyije n’abambari bazo bafatanyaga guhiga bukware abaturage b’iki gihugu bakoresha Ikinyarwanda.

IGIHE yasuye aka gace, kuva i Goma kugera i Masisi abaturage bahamya ko umutekano ari wose, icyakora bagataka ubushobozi kuko nta n’amezi atanu ashize babonye agahenge.

Si ukubona agahenge gusa kuko imibare igaragaza ko nibura hejuru y’ibihumbi 100 bari barirukanywe mu byabo n’intambara ubu batangiye gutaha, ndetse ku nzira aho unyura biroroshye kubona ko bari kwiyubaka kuva ku busa, bubakisha imbaho ahandi bubakishije amahema.

Nubwo imibereho itarasubira ku murongo, abaturage bashima ingabo za AFC/M23 zababohoye zikabakura mu menyo ya FARDC n’imitwe bakorana irimo FDRL bakaba bafite amahoro.

Banasaba abavandimwe, inshuti n’abaturanyi bari barahunze gutaha bagafatanya kubaka igihugu cyabo kuko aho bahungiye batabarusha umutekano.

Innocent Seba Nganizi, umuyobozi w’agace ka Kilolirwe muri Masisi yavuze ko mu ntambara iherutse kukameza abaturage bo muri aka gace batwikiwe inzu n’ingabo za Leta ya Congo kimwe n’imitwe bafatanyaga zari zanabagose zifuza kubarimbura icyakora M23 ikaza kuhagoboka batarabamara.

Ati “AFC/M23 nta kindi wayikorera uretse kuvuga ngo ni Imana yabazanye barakoze kuza […] ikintu nabwira abantu b’ino aha iwacu baba abari mu Rwanda, Uganda, Tanzania ndetse n’ahandi; ni uko aho bari bataturusha umutekano. Nibatahe dufatanye kubaka Igihugu tunatera AFC-M23 ingabo mu bitugu.”

Gakuru Mutazimiza utuye ahitwa ku Nturo ahantu hamenyekanye bikomeye kubera amashusho yashyizwe hanze ubwo hatwikwaga na FARDC n’imitwe bari bafatanyije, yavuze ko ari umwe mu bagizweho ingaruka n’iyi ntambara kuko banahiciye murumuna we.

Ni umugabo ushimira ingabo za AFC/M23 zabakuye mu menyo y’abicanyi bari bambariye kubarimbura, ahamya ko mu myaka 40 yari amaze ari ubwa mbere yari abonye ubugome bumeze nk’ubwo bicanwe.

Ati “Ntabwo navuga ko ari imperuka gusa, njye maze imyaka 40 ni bwo nabona ibintu nka biriya kuko byari biteye ubwoba. Hari Wazalendo i Kagusa, FDRL baturukaga ku ishyamba , FARDC baturuka mu muhanda wa Sake bataretse n’Abarundi. Turashimira ingabo zacu zabyitwayemo neza zidusubiza iwacu.”

Uyu mugabo ahamya ko iyo AFC/M23 itahaba nta n’umwe wari kurokoka kuri uyu musozi.

Gakuru usanzwe ari umucuruzi yavuze ko kuba banki zifunze ari ikibazo ku buryo ari n’ibikunda babakorera amafaranga bagakora bakiteza imbere.

Ati “Ikintu nabifuriza abavandimwe bacu bari hanze, nibaze dufatanye twubake Igihugu cyacu kuko aho bari ntabwo baturusha umutekano.”

Umubyeyi utuye Kilolirwe witwa Murezida, yavuze ko ikintu ubu basigaye bikanga ari imvura ariko umutekano wo bawufite.

Ati “Kugeza ubu turaryama ikintu twakwikanga ni imvura na ho umutekano wo barawuduhaye (AFC/M23). Ndashaka kubwira abantu bari hanze ko uretse imvura dushobora gutinya kubera ko tunyagirwa ariko umutekano wo turawufite batahe dufatanye kubaka ino aha.”

Ugisohoka umujyi wa Goma ubuzima burakomeje

Mu nzira usohoka mu Mujyi wa Goma werekeza i Masisi ubuzima bwaragarutse, abaturage uba ubona bahugiye mu mirimo yabo ya buri munsi
Aha bahakinira imikino y'amahirwe
Imirimo y'ubwikorezi ni imwe mu itunze urubyiruko rwinshi i Goma
Ubucuruzi bw'inkoko ku muhanda usohoka i Goma
Imirimo y'ubwubatsi irarimbanyije mu nkengero z'umujyi wa Goma
Imodoka zitwara abagenzi rusange zirakora nta kwikanga umutekano muke
Station za lisansi zirakora nubwo inyinshi zigaragara nk'izishaje kandi ntizigire ikoranabuhanga nk'iryo wabona mu Rwanda
Ntabwo wasohoka mu mujyi utabonye ikindu kidasanzwe gituma wumva ko wageze i Goma, bahitamo kuyigenda inyuma aho kwishyura ngo bayicaremo
Umuziki ni ingenzi kuri bamwe, yiguriye ingoma arayitahanye
Nubwo ibibazo by'abaturage biri kugenda bikemuka kimwe ku kindi, icy'ibura ry'amazi mu duce tumwe na tumwe twa Goma kiracyari ingutu
Igitogotogo ni kimwe mu bikoresho byiyambazwa na benshi mu bijyanye n'ubwikorezi
Ku Cyumweru, benshi mu baturage ba Goma baba berekeza mu nsengero
Avuye kurangura mu Mujyi wa Goma, ari kwerekeza mu gace ko mu nkengero z'uyu mujyi gushaka amafaranga
Mu duce twa Sake na Mubambiro umutekano waragarutse abaturage bakomeje imirimo yabo
Abaturage bacuruza nta kwikanga ibikorwa bihungabanya umutekano wabo
Aho benshi bacuruzaga bikanga gucucurwa utwabo amateka yarahindutse
Bacuruza imyenda yabo nta kwikanga abajura
Urinda usohoka Sake ukibona ubucuruzi bukomeje
Mu nzira ugenda biroroshye guhita ubona ko abaturage bari barahunze bari gutaha
Muri utu duce hari ubutaka bwera, abaturage bahamya ko ubwo umutekano wabonetse biteguye guhinga bakihaza mu biribwa ndetse bagasagurira n'amasoko
Nubwo umuhanda werekeza i Masisi utaramera neza, ariko imodoka zibasha kuhagera neza
Abatwikiwe inzu n'abasenyewe bari gutaha bakagerageza kwirwanaho kugira ngo babone aho bahengeka umusaya
Nubwo benshi bari gutaha nyuma yo guhunga intambara yabaye muri aka gace, imibereho bigaragara ko itaramera neza
Imodoka za Croix Rouge ziba zizenguruka muri utu duce zitanga ubutabazi aho bukenewe
Ubuzima bwamaze kugaruka, aha uyu mubyeyi yari ari gutegura amafunguro
Benshi mu bagitaha usanga bagondagonda aho gukinga umusaya mu gihe hagishakishwa ubushobozi bwo kubatuza neza
Mu misozi y'i Masisi biragoye kararanganyamo amaso neza ngo ubure inka
Abaturage b'i Kirorirwe bari baratwikiwe bamaze gutaha ndetse bakomeje kwiyubaka
Imisozi y'i Masisi itatse ubwatsi butoshye ikundwa n'abatari bake biganjemo abaturuka muri aka gace
Nyuma yo guhunguka, abatuye i Kirorirwe muri Masisi bagerageje kubaka ishuri ryigisha abana babo
Imvura iyo iguye mu ishuri amasomo aba ahagaze kuko abanyeshuri baba banyagirwa
Nubwo bishatsemo ibisubizo mu kwigisha abana, ikigaragara ibikoresho nabyo ni bike
Ubwatsi butoshye bwo mu misozi y'i Masisi bufasha inka zaho kuba zishishe
Innocent Seba Nganizi, umuyobozi w’agace ka Kirorirwe muri Masisi yasabye abaturage bahunze gutaha kuko umutekano ari wose
Gakuru Mutazimiza utuye ahitwa ku Nturo hamenyekanye kubera amashusho yagiye hanze FARDC n'imitwe bafatanyije bari kuhatwika, aha yaganirizaga umunyamakuru wa IGIHE iryo yaboneye muri aka gace
Ikibaya bari bakubiwemo na FARDC, FDRL na Mayi Mayi icyakora ingabo za AFC/M23 zikahagoboka, bagiteraniramo baganira ku cyabateza imbere
Murezida, umubyeyi utuye Kirorirwe yashimiye bikomeye ingabo za AFC/M23 zabarokoye abari bahigiye kubarimbura
Benshi mu baturage b'i Masisi bamaze gutaha ndetse bamaze kwiyubaka
Ibiribwa bitandukanye ubona ku masoko mato mato y'i Masisi
Utambuka ku muhanda ubona ko bari kubaka inzu mu rwego rwo gushaka aho bahengeka umusaya
Ababyeyi barema aya masoko bahamya ko ariho bakura ubushobozi bwo gutunga imiryango yabo
Abari guhunguka nabo bagerageza kongera kwiyubaka
Abaturage bo mu duce tunyuranye tw'i Masisi batangiye kwishakamo ibisubizo barema amasoko mato mato

Amafoto: Shumbusho Djasil


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages