Ubu bushakashatsi bwakorewe mu buvumo bwa Wonderwerk buri muri Afurika y’Epfo.
Bwerekana ko umuriro ushobora kuba warakoreshejwe muri ubwo buvumo mu myaka igera kuri miliyoni 1,8 ishize. Ibi bisubiza inyuma imyaka ibihumbi amagana ugereranyije n’ubushakashatsi bwari bwakozwe mu 2012, bwari bwagaragaje ko ibimenyetso bya mbere byo gukoresha umuriro muri ubwo buvumo byari bimaze imyaka miliyoni imwe.
Abashakashatsi bageze kuri uyu mwanzuro nyuma yo gusuzuma ibisigazwa by’amagufwa y’inyamaswa zabayeho kera byabonetse muri ubwo buvumo. Bakoresheje uburyo bushya bwo kumenya niba amagufwa yarahiye, butandukanye n’ubwari busanzwe busaba kwangiza igice cy’igufa kugira ngo gipimwe.
Dr. Kolska Horwitz yavuze ko mu 2012 bari bafite amakuru agaragaza ko hashobora kuba hari umuriro wakoresgejwe muri ubwo buvumo mu myaka myinshi.
Ubushakashatsi bushya bwaje kwemeza ko ibimenyetso by’umuriro bishobora kuba ari ibya kera cyane, hafi mu myaka miliyoni 1,8.
Ibice bibiri byasuzumwe muri ubwo buvumo bitandukanywa n’ubujyakuzimu bwa santimetero zigera kuri 80. Igice cyo hasi cyakoreshejwe hagati y’imyaka miliyoni 1,79 na miliyoni 1,079 ishize.
Amagufwa yakoreshejwe muri ubu bushakashatsi yakuwe hafi y’ahagana hasi cyane muri icyo gice, ari na ho abashakashatsi bahera bavuga ko bishobora kuba bifitanye isano n’igihe cy’imyaka miliyoni 1,8 ishize.
Icyakora, abashakashatsi bavuga ko kubona ibimenyetso by’umuriro bidasobanuye byanze bikunze ko abantu ba kera ari bo bawukongeje. Ahubwo bivuze ko umuriro wakoreshwaga ku bushake muri ubwo buvumo. Ibi babishingira ku kuba ibyo bimenyetso byarabonetse muri metero nibura 30 uvuye ku bwinjiriro bw’ubuvumo, aho umuriro wo mu ishyamba utashoboraga kwinjira ngo uhagere bisanzwe.
Ubuvumo bwa Wonderwerk bufatwa nk’ahantu hihariye mu mateka y’abantu ba kera, kuko bugaragaza ko bwakoreshejwe n’abantu cyangwa ibiremwa bya hafi y’umuntu mu gihe kigera kuri miliyoni ebyiri z’imyaka.
Habonetse kandi ibisigazwa by’inyamaswa bahigaga cyangwa basangaga zapfuye bakazirya. Gusa kugeza ubu, nta magufa y’abantu arabonwa muri ubwo buvumo, bityo abashakashatsi ntibavuga neza ubwoko bw’abantu ba kera babutuyemo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!