Mu Bwongereza honyine, irushanwa rya Premier League ryo mu mwaka w’imikino wa 2024/25 ryarebwe n’abarenga miliyoni 33.9, kandi umubare mwishi wabo bari abagabo kuko abarenga 60% by’abakurikirana siporo ku Isi hose ari abagabo, nk’uko bigaragazwa Nielsen research.
Ni gute umukino wo kwakana umupira no kuwushota utuma ababarirwa muri za miliyari barira bagahogora, bamwe bakaniyahura? Reka nkubwire impamvu eshanu zituma abagabo benshi bakunda cyane umupira w’amaguru.
Kugira ahantu babarizwa
Umupira w’amaguru ukora ku cyifuzo abantu bamaranye imyaka irenga ibihumbi cyo kugira umuryango babarizwamo. Iyo umugabo ahisemo ikipe, ntabwo aba ahisemo abakinnyi 11 yishimira mu kibuga gusa, ahubwo aba agiye mu muryango mugari w’abafana b’iyo kipe. Ibyo uzabyerekwa n’urukundo abafana bakunda impuzankano (jersey) indirimbo, n’ibirango by’ikipe yabo.
Muri iki gihe ubwo amoko ari kugenda acika kandi abantu bagatatanira mu bice bitandukanye by’Isi, umupira w’amaguru utuma bakomeza kumva bafite ahantu babarizwa. Ku kazi bashobora kukwirukana, umukunzi wawe akagusiga, inshuti zikagenda, ariko ikipe yawe ntawe uzakubuza kuyifana. Ni yo mpamvu uyiha agaciro gakomeye.
Umupira w’amaguru utanga ibyishimo
Ikintu cya mbere gituma umupira w’amaguru utanga ibyishimo, ni uko utaba uzi uko umukino uri burangire. Buri segonda ryose rirabara.
Ikipe ishobora gutsinda ibitego bitanu, umukino ukajya kurangira byose babyishyuye bakarenzaho n’ibindi. Ayo matsiko uba ufite atuma umubiri wawe ukora umusemburo wa dopamine utera ibyishimo. Buri mukino ugiye utangira uzi uko uri burangire, ntabwo wareba umupira kabiri. Buriya n’iyo ikipe yawe yatswinze ukababara bituma urushaho kuyikunda no kwishimira intsinzi y’ubutaha.
Kwiyibagiza ibibazo no kuruhura ubwonko
Ubuzima bw’umugabo ntibuba bworoshye. Aba agomba kwiyuha akuya agashaka amafaranga, akita ku muryango, ari n’ako ahanganye n’ibibazo bye bwite. Iyo ageze kuri match ibyo byose arabyibagirwa. Mu minota 90 n’inyongera, ubwonko bwe buba buri ku kibuga bwibagiwe ibindi bintu byose. Ku bagabo benshi, iyo minota iba ihagije ngo ubwonko bwabo buruhuke.
Gukunda kurushanwa no guhatana
Abagabo bakunda kurushanwa kandi amateka arabigaragaza. Imyaka amagana ishize abagabo barushanwaga kwivuga, kurasa ku ntego, kwivugana abanzi benshi ku rugamba n’ibindi bitandukanye.
Ni yo mpamvu Umunyarwanda yagize ati, “uguhiga ubutwari muratabarana.” I Roma ho bari barubatse stade z’amarushanwa bitaga arena, aho barwaniraga benshi bakahasiga agatwe. Izo stade zasimbuwe n’izumupira w’amaguru hamwe n’indi mikino, ariko intego yazo ntiyahindutse.
Duhorana icyifuzo cyo gutsinda. Noneho gutega ku mikino bituma icyo cyifuzo kirushaho gukomera kuko uba ufite icyo guhomba. Iyo uzi ko washese ibiceri byawe ku ikipe, umukino uba wahindutse urugamba ukarushaho kubyegereza umutima.
Gusabana n’inshuti
Uko abagabo benshi basabanamo n’inshuti zabo bitandukanye n’uko abagore babigenza. Abagabo ntibakunda kubwirana ibibazo byabo n’ibibahangayikishije.
Umupira w’amaguru ukemura iki kibazo mu buryo bwiyubashye. Ubushakashatsi bwakorewe muri Oxford University bwagaragaje ko iyo abagabo bari kurebera umukino hamwe, bakaburana, kandi bagasohora amarangamutima yabo ku mukino, bituma ubucuti bwabo burushaho gukomera. Ku bagabo benshi, umupira w’amaguru ntabwo ari ikintu barebana n’inshuti zabo, ahubwo ni bwo bucuti nyirizina.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!