00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Inzovu zagabanutseho 50%

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 June 2026 saa 11:25
Yasuwe :

Inzovu zo muri Tanzania zagabanutseho izirenga kimwe cya kabiri mu myaka 20 ishize, ziva ku bihumbi 134 mu 2005 zigera kuri 66.714 mu 2024/2025.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cya Tanzania gishinzwe ubushakashatsi ku nyamaswa (TAWIRI) bwa 2024/2025, bugaragaza ko umubare w’inzovu wagabanutseho 50,21%.

Umuyobozi mukuru wa TAWIRI, Eblate Mjingo, yavuze ko amakuru agaragaza ko hari ibinyabuzima bimwe biri kwiyongera, ariko inzovu zo zikomeje kujya mu kaga gakomeye gaterwa n’ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu bwabaye mu bihe byashize ndetse n’impinduka zatewe n’abantu ku bidukikije.

Iri barura, ryakozwe nyuma y’imyaka 10 uhereye ku ryo mu 2014/2015, ni ryo rya mbere rikubiyemo sisteme zose z’ibidukikije mu gihugu.

Minisitiri w’Umutungo Kamere n’Ubukerarugendo, Ashatu Kijaji, yavuze ko amafaranga ava mu bukerarugendo yazamutse ava hafi kuri miliyari 3,9$, agera kuri miliyari 4,4$.

Inzovu za Tanzania ziri mu zifatiye runini ubukerarugendo bw’igihugu.

Inzego z’ubuyobozi muri Tanzania zivuga ko igabanyuka ry’inzovu mu gihugu rifitanye isano n’ibikorwa by’ubushimusi bwazo bwakozwe mu myaka ya za 2000 hagamijwe gucuruza amahembe y’inzovu ku masoko mpuzamahanga atemewe n’amategeko ndetse icyo cyuho kigaba kikigaragara.

Inteko Ishinga Amategeko yagaragaje ko igabanyuka ry’inzovu ari ikibazo gikomeye ku gihugu.

Perezida wa Komisiyo y’Ubutaka, Umutungo Kamere n’Ubukerarugendo, Timotheo Mnzava, yasabye ko habaho ibiganiro bigamije gukemura ikibazo cy’umubare w’inzovu wagabanutse.

Yavuze ko kuva ku nzovu 134.000 mu 2005 ukagera ku 66.714 bigaragaza ko hakenewe ingamba zikomeye zo kugarura Tanzania ku rwego yahozeho rwo kuba igihugu gifite inzovu nyinshi, kuko ubu ni iya gatatu muri Afurika, inyuma ya Botswana ifite inzovu ibihumbi 130 na Zimbabwe ifite ibihumbi 100.

Inzovu zo muri Tanzania zagabanyutseho 50% mu myaka 20 ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages