00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Muhoozi asanga naba Perezida azunga u Rwanda na RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 June 2026 saa 09:21
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko naba Perezida azakemura ikibazo cy’umubano mubi kimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi Gen Muhoozi yabigarutseho mu butumwa yashyize kuri X, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

Yavuze ko naba Perezida azahuriza hamwe Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi wa RDC, mu biganiro bigamije gukemura ibibazo.

Ati “Kuri ubu ndi Umugaba Mukuru w’Ingabo, ariko umunsi umwe kandi bitari kera nzaba Perezida wa Uganda, nzahamagara data wacu Perezida Kagame na mukuru wanjye Tshisekedi kugira ngo bakemure ibibazo.”

Mu bihe bitandukanye Gen Muhoozi yagiye agaragaza ko ashobora kuba Perezida wa Uganda, agasimbura se, Yoweri Kaguta Museveni ku butegetsi. Gusa ntavuga igihe bizabera n’inzira bizanyuramo.

Umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na RDC ushingiye ahanini ku bufasha iki gihugu giha umutwe wa FDLR wiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’imigambi igamije kuruhungabanyiriza umutekano.

RDC yo ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa AFC/M23, gusa ni ibirego rwagiye rugaragaza kenshi ko bidafite ishingiro.

Nubwo atari umunyepolitike, Gen Muhoozi benshi bemeza ko afite Ijambo rikomeye muri politike ya Uganda, cyane ko ari na we wagize uruhare rukomeye mu kuzahura umubano w’iki gihugu n’u Rwanda.

Gen Muhoozi yavuze ko naba Perezida azaganiriza Tshisekedi ku bibazo afitanye n’u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages