Muri iki cyerekezo gishya Renault izakorana n’ikigo Thales kimenyerewe mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya gisirikare. Iyi mikoranire mishya yatangajwe ku wa 16 Kamena 2026.
Biteganyijwe ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2026, Renault izatangirira gukorera mu nganda zayo drones zo mu bwoko bwa Toutatis. Mu kwezi izajya ikora izi drones 1000. Zari zisanzwe zikorwa na Thales.
Ibi bigo byombi byatangaje ko iyi mikoranire igamije kuzamura ubushobozi bw’u Bufaransa mu bijyanye no gukora intwaro cyangwa ibindi bintu by’ingenzi.
Renault iteye iyi ntambwe nyuma y’uko muri Gashyantare 2026 yari yasabwe na Minisiteri y’Ingabo mu Bufaransa gutanga umusanzu mu kubaka inganda zishyigikira umutekano w’igihugu.
Renault yashinzwe muri Gashanyare 1899 nk’uruganda rukora imodoka. Kugeza ubu ni kimwe mu bigo bikomeye mu Bufaransa muri uru rwego, cyane ko mu 2025 yagurishije imodoka 2.336.807.
Renault Group ibarizwamo ibindi bigo bikomeye by’imodoka nka Dacia, Alpine na Mobilize.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!