00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran ntiri businye amasezerano yo guhagarika intambara

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 14 June 2026 saa 09:24
Yasuwe :

Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Pakistani batangaje ko bagiye gushyira umukono ku masezerano yo guhagarika intambara na Iran, ndetse bavuga Iran itari yemeza ko iribuze kuyasinya kubera ko muri iki gihugu bakomeje kuyamagana.

Ibi babitangaje nyuma y’ubutumwa Perezida Donald Trump yashyize ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko amasezerano yo guhagarika intambara na Iran azasinywa ku Cyumweru, tariki 14 Kamena 2026, kandi ko azakurikirwa no gufungura inzira ya Hormuz ku bantu bose.

Yabitangaje nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shebaz Sharif, yari yavuze ko kuri iki Cyumweru, Amerika na Iran bisinya amasezerano y’ibanze yo guhagarika intambara imaze iminsi ibihanganishije, bigakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse ko ibindi biganiro bizakurikiraho nyuma.

Gusa ntabwo Iran iremeza ko iri buze gushyira umukono kuri aya masezerano kubera ko Umuvugizi wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Esmail Baghaei yavuze ko bigoye ko bayasinya kuri iki Cyumweru, gusa ashimangira ko bashobora kuyasinya mu minsi izakurikiraho.

Ati “Ntabwo bishoboka ko twayasinya ejo, gusa birashoboka ko twazayasinya mu minsi iri imbere.”

Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 yahungabanyije ubukungu bw’Isi kuko yafunze inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages