00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri Andy Burnham, ushobora kuba Minisitiri mushya w’Intebe w’u Bwongereza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 June 2026 saa 10:03
Yasuwe :

Andy Burnham yongeye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda amatora mu gace ka Makerfield mu Majyaruguru y’u Bwongereza. Intsinzi ye yahise ihinduka inkuru ikomeye muri politiki y’u Bwongereza kuko ishobora kumufungurira inzira yo guhangana na Keir Starmer ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi, Labour Party (Ishyaka ry’Abakozi), riri ku butegetsi.

Mu Bwongereza, abaturage ntibatora Minisitiri w’Intebe mu buryo butaziguye. Batora abadepite bahagarariye uturere twabo mu Nteko Ishinga Amategeko. Ishyaka ribonye ubwiganze ni ryo rishyiraho Guverinoma, maze umuyobozi waryo akagirwa Minisitiri w’Intebe n’Umwami. Ni yo mpamvu Burnham aramutse atsinze Starmer mu buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi, ashobora guhita yinjira muri 10 Downing Street, ibiro bya Minisitiri w’Intebe, atabanje gutegereza andi matora rusange.

Burnham yavutse mu 1970 i Liverpool, akurira mu muryango uciriritse; se yari umutekinisiye ukora telefoni, nyina ari umukozi wakiraga abarwayi kwa muganga. Yize muri Kaminuza ya Cambridge, aza kwinjira muri politiki nk’umwe mu rubyiruko rwazamutse mu gihe cya Tony Blair. Yabaye umudepite kuva mu 2001, aba Minisitiri w’Ubuzima, Minisitiri w’Umuco, Itangazamakuru na Siporo, ndetse akora no muri Minisiteri y’Imari.

Ikimugira umunyapolitiki wihariye ni uburyo avuga yegera abaturage, cyane cyane abo mu Majyaruguru y’u Bwongereza bumva ko politiki y’i Londres yabasize inyuma. Nk’Umuyobozi wa Greater Manchester, yamenyekanye mu kurengera akarere ke mu gihe cya Covid-19, no mu kuvugurura ubwikorezi rusange aho yakajije igenzura ku modoka zitwara abagenzi.

Muri politiki, Burnham ashyira imbere kugabanya ubusumbane hagati y’uturere, kongera ububasha bw’inzego z’ibanze, kurengera serivisi rusange no kurwanya politiki y’ubukungu ivuga ko inyungu z’abakire zizikiza abakene. Icyakora abanenga bavuga ko ahindagurika mu bitekerezo, kuko yakoranye n’abayobozi b’Ishyaka ry’Abakozi bafite imirongo itandukanye, kuva kuri Tony Blair kugeza kuri Jeremy Corbyn.

Nubwo ataraba Minisitiri w’Intebe, intsinzi ye i Makerfield imugize umuntu wa mbere ureberwaho nk’ushobora gukiza iri shyaka igitutu cya Reform UK ya Nigel Farage no kugarura icyizere mu baturage batangiye kurambirwa Guverinoma ya Starmer.

Politiki y'u Bwongereza imaze iminsi iri mu bibazo byinshi by'ubwegure bw'abayobozi, aho amaso ahanzwe Burnham kugira ngo abe yasubiza ibintu mu buryo
Burnham wavukiye mu Mujyi wa Liverpool akomeje guhabwa amahirwe yo kuba Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza
Starmer akomeje kotswa igitutu mu mfuruka zose n'abadashyigikiye politiki ze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages