00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FBI yaburijemo umugambi w’igitero kuri White House

Yanditswe na Uwizeyimana Rosette
Kuya 17 June 2026 saa 09:55
Yasuwe :

Urwego rw’iperereza rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) rwatangaje ko rwaburijemo umugambi wo kugaba ibitero ku bitabiriye ibirori by’imikino njyarugamba byabereye ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu (White House), hafatwa abantu bakekwaho gucura uwo mugambi.

Ku wa 14 Kamena 2026, White House yari yakiriye imikino njyarugamba mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 ya Amerika, byitabiriwa n’ibihumbi by’abantu.

Nk’uko kuwa 16 Kamena 2026 inyandiko z’urukiko zabigaragaje, abakekwaho gucura umugambi wo kugaba iki gitero bari bateguye drones zitwara ibiturika kugira ngo zitwike inyubako ziri hafi y’aho ibi birori byabereye.

Umuyobozi Mukuru wa FBI, Kash Patel, yasobanuye ko icyo iri tsinda ryari rigamije ari ukugira ngo abitabiriye ibi birori bagire igihunga, berekeze aho ryari ribategeye, ribarase mu gihe ryitegura kwinjira mu marembo ya White House.

Iperereza ryatangiriye ku musore w’imyaka 19, Tycen Proper, wavuzwe nk’uwari mu itsinda ry’abateguraga uwo mugambi, nyuma y’uko nyina ahaye inzego z’umutekano amakuru.

Abashinzwe iperereza bavuga ko itsinda ryitwaga ’Vanguard of the Old’ ari ryo ryakoranaga binyuze ku rubuga rwa TikTok, mu kunoza umugambi wo kugaba ibitero ku bantu bakomeye bari bitabiriye ibi birori.

Nibura abantu batanu bamaze gufatwa, mu gihe abandi bagishakishwa. Urwego rushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu rwatangaje ko ruri gukorana na FBI kugira ngo hamenyekane amakuru arambuye.

Abateguye uyu mugambi bashakaga kurasa hafi ya White House, bakabona kwinjiramo mu gihe haberaga imikino njyarugamba
Kash Patel yatangaje ko abantu batanu bakekwaho kugira uruhare mu mugambi w'iki gitero bafashwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages