00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Davido yibukije abahanzi kutirengagiza Imana nyuma yo kwamamara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 July 2026 saa 07:56
Yasuwe :

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yagiriye inama abahanzi bakizamuka, abasaba kutitandukanya n’Imana iyo bamaze kugera ku ntsinzi no kwamamara.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Kiss Xtra, Davido yasabye abahanzi bakizamuka kutajya kure y’Imana kubera ko bamaze kugera ku nzozi zabo, aburira ko uruganda rw’umuziki rwuzuyemo ibishuko byinshi.

Ati “Inama nagira abahanzi bakizamuka ni uko mbere na mbere bagomba kwigirira icyizere. Nakundaga umuziki cyane ku buryo buri gihe nashakaga kurushaho kuba mwiza. Nkiri muto, nabyigiraga kuri YouTube ndetse no ku bantu bari bankikije.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, mukunde ibyo mukora kandi mushyire Imana imbere kandi muyegere cyane, cyane cyane iyo mumaze kugera ku ntsinzi kuko hari ibishuko byinshi bishobora gutuma mwibagirwa ko ari yo mpamvu muri hano.”

Davido, ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika mu njyana ya Afrobeats. Yavutse ku itariki ya 21 Ugushyingo 1992, avukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko akurira muri Nigeria.

Davido yatangiye umuziki mu buryo bw’umwuga mu ntangiriro za 2010, akundwa cyane nyuma yo gusohora indirimbo ye “Dami Duro” yamuhesheje kwamamara byihuse. Ni umwe mu bahanzi bashinze label ikomeye yitwa DMW (Davido Music Worldwide) ifasha abahanzi bakizamuka.

Azwi cyane kubera indirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga nka Fall, If, FEM, na Unavailable. Afite uruhare runini mu kumenyekanisha umuziki wa Afrobeats ku Isi.

Davido yasabye abahanzi kutirengagiza Imana nyuma yo kwamamara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages