00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusizi Rumaga yahawe umusozi wa Kiruri ufatwa nk’iwabo w’abasizi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 9 January 2026 saa 12:49
Yasuwe :

Ku wa 8 Mutarama 2026, Junior Rumaga yagiranye amasezerano n’Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange amuha umusozi wa Kiruri ufatwa nko ku gicumbi cy’abasizi kugira ngo awubyaze umusaruro binyuze muri sosiyete ye Siga Rwanda.

Kiruri ni umusozi ufite amateka akomeye mu Rwanda, uherereye ahazwi nka Karama mu karere ka Huye.

Ikiwugira umusozi w’Amateka, ni uko ubuyobozi bw’u Rwanda ku ngoma y’Umwami Yuhi Mazimpaka yawuhaye abasizi barimo abakomoka mu muryango wa Nyirarumaga bari batuye i Gihogwe cya Jali muri Gasabo nk’ingororano yabo ku bw’uruhare bagize mu guteza imbere ubusizi. Ni uko i Kiruri hahindutse intebe y’abasizi.

Mu kinyejana cya 17 ku ngoma y’Umwami Yuhi Mazimpaka , umuhanzi w’umusizi Nzabonariba yahimbye igihangano acyita ‘Inka zigira ishorera’, aha yasaga nubwira ubuyobozi bwariho ko n’abasizi bakeneye gutunga cyangwa kugabana ibwami kandi abizi ko ntawe uhagabana inka imwe bamuha n’izindi ashorera.

Yongeyeho ati “Umpe igikingi kigera ku iriba!” Aha rero ni ho ubuyobozi bwariho muri icyo gihe bwahaye abasizi uwo musozi wa Kiruri ndetse koko bawubahana n’ibikingi bigera hasi ku mariba y’inka zabo ndetse baranabagabira, kuva ubwo uwo musozi uturaho abasizi bakomeye mu gihugu.

Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yo guhabwa uyu musozi, Junior Rumaga wari kumwe n’inshuti ze zirimo Christopher bagize umwanya wo kuwusura no kuwutemberezwa.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Junior Rumaga yavuze ko uyu mushinga yari amaze igihe awukoraho kuko yawutangiye mu 2016 ubwo yari yitabiriye ibirori bisanzwe bihategurirwa mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubusizi mu Rwanda.

Ibyatumye mu myaka itatu ishize ibi birori byarahaberaga biteguwe na sosiyete ye SIGA Rwanda. Ahamya ko kumugabira uyu musozi nk’umusizi ari amahirwe kuko noneho agiye kuhakorera imishinga ye irenze ubusizi.

Rumaga yavuze ko uretse amateka uyu musozi ubitse, ari umusozi mwiza ubereye ubukerarugendo, bityo ahamya ko kimwe mu byo agiye kwitaho ari ukuhubaka nk’ahantu nyaburanga h’ubukerarugendo.

Ati “Ndifuza gutanga umusanzu wanjye nk’umuhanzi mu kongera ibyo igihugu cyinjiza binyuze mu bukerarugendo bushingiye ku buhanzi, guhabwa uyu musozi n’igihugu mbifata nko kongera kuduha amahirwe ngo twerekane icyo Imana yaduhaye (Impano yo kurema ibishya no kuvumburira kubihari).”

Rumaga yihaye umukoro wo kumenyekanisha uyu musozi wa Kiruri ufite umwihariko w’uko ugaragara ndetse ukaba utari na kure y’umujyi wa Huye nubwo uwitaruye kandi ukaba ugerwaho n’ibikorwaremezo.

Ati “Kiruri ni umusozi ufite umwihariko, ubereye ijisho kuko ukoze mu ishusho y’imitwa kubera imisozi iwuzengurutse, iyo uwitegereje ubona ufite ishusho y’akabindi kari hagati y’utundi tukazengurutse. Ariko kandi ni umusozi witaruye Umujyi gusa utai na kure yawo hari ibikorwa remezo byose.”

Uretse kuhamenyekanisha, Rumaga yiyemeje kujya ategurira kuri uyu musozi Iserukiramuco ngarukamwaka icyakora ahamya ko byinshi kuri uyu mushinga azabigarukaho mu minsi iri imbere.

Ubwo Rumaga Junior n'Umuyobozi w'Akarere ka Huye bari bamaze gusinyana amasezerano
Junior Rumaga yijeje Umuyobozi w'Akarere ka Huye kubyaza umusaruro agasozi ka Kiruri
Junior Rumaga yari yaherekejwe i Huye na Christopher
Nyuma yo gusinyana amasezerano bafatanye ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages