Akigera i Kigali Professor Hamo yavuze ko yishimiye kuba agiye gutaramira mu Rwanda, ko yagerageje kuhagera mbere ngo abanze atembere Umujyi wa Kigali wirahirwa na benshi.
Ati “Ni ubwa mbere nje gutaramira mu Rwanda, Umujyi wa Kigali twese tuwufiteho amakuru atera amatsiko utarahatemberera, ni yo mpamvu nje mbere. Ikiruta ibindi abazitabira igitaramo natumiwemo mbijeje kuzaryoherwa bikomeye.”
Professor Hamo ni umwe mu banyarwenya bazamuriye izina rye mu bitaramo Churchill, akaba umuhanzi n’umunyamakuru.
Uyu munyarwenya w’imyaka 46 yavukiye mu muryango w’abasirikare ni umubyeyi w’abana batandatu.
Igitaramo Professor Hamo azaba yitabiriye cyitiriwe Muhinde, umunyarwenya wakuriye muri Gen-Z Comedy washyiriweho icy’umwihariko bamushimira kuba yarabashije kurangiza amasomo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.
Uretse uyu munyarwenya iki gitaramo cyatumiwemo Mike Kayihura uzaganiriza abazacyitabira ndetse n’abahanzi barimo Ish Kevin na Bushali bazabasusurutsa.
Hanatumiwe abanyarwenya biganjemo abasanzwe muri Gen-Z Comedy nka Pirate, Umushumba, Inkirigito Clement n’abandi banyuranye barimo na Babu Joe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!