Uyu Munya-Tanzania uri mu bahanzi bakunzwe muri Afurika, yari amaze imyaka itatu adataramira mu Rwanda. Bamwe mu banyotewe no kongera kumubona ku rubyiniro rw’i Kigali bageze i Remera hakiri kare.
Abandi bahanzi baririmba muri iki gitaramo ni Bruce Melodie, Ish Kevin na Nel Ngabo, mu gihe abavanga imiziki barimo DJ Marnaud na Etania wo muri Uganda.
UKO BYIFASHE KURI BK ARENA:
21:30: Nel Ngabo yageze ku rubyiniro
Umuhanzi wa kabiri w’umunsi mu gitaramo "Diamond Platnumz Experience" ni Nel Ngabo winjiriye mu ndirimbo "Zoli" yakoze mu 2020.
21:15: Ish Kevin yamaze iminota 30 ku rubyiniro
Nyuma yo kwinjirira muri No cap, Ish Kevin yaririmbye indirimbo zitandukanye zirimo My Year, Amakosi, Bro code, Vayo, Clout na Kibasumba.
Ubwo yari ageze ku ndirimbo ’Soldier’, uyu muraperi yahamagaye Timi wo muri Nigeria na KidFromKigali bamufasha kuyiririmbira abitabiriye igitaramo.
Ni indirimbo yamamaye cyane mu Rwanda mu mezi abiri ashize binyuze ku munyezamu Kwizera Olivier.
Abandi bahanzi bamusanze ku rubyiniro ni Ririmba na Og2tone.
21:05: Diamond yari akumbuwe i Kigali
Diamond Platnumz yataramiye i Kigali bwa mbere mu 2015 mu gihe ahaheruka mu 2023, mu bitaramo bya Trace Awards na Giants of Africa Festival.
Kuri uyu mugoroba, hari benshi bitabiriye igitaramo bashaka kumubona mu gihe hari n’abitwaje ibyapa bimusaba ifoto.
20:45: Ish Kevin yabanje ku rubyiniro
Umuhanzi w’Umunyarwanda Semana Kevin wamamaye mu muziki nka Ish Kevin ni we wabanje ku rubyiniro mu gitaramo "Diamond Platnumz Experience".
Yinjiriye mu ndirimbo ye ’No Cap’ aho yakiranywe urugwiro rwinshi.
20:40: Dj Khizz Beats yasusurukije abitabiriye igitaramo
Mu gihe hategerejwe abahanzi basusurutsa abitabiriye igitaramo "Diamond Platnumz Experience", Dj Khizz Beats ari gucuranga imiziki itandukanye irimo iy’abahanzi Nyawanda n’iy’abanyamahanga.
20:00: Igitaramo kigiye gutangira
Abashyushyarugamba Rocky Try na Michael Sengazi bageze ku rubyiniro, batangije igitaramo cya ’Diamond Platnumz Experience’ kiri kubera muri Parking ya BK Arena.
Ku ikubitiro bahaye umwanya Dj Khizz Beats aho yatangiye gususurutsa abantu binyuze mu ndirimbo nyinshi ari kuvanga.
19:45: Abitabiriye igitaramo baracyategereje
19:20: Urubyiruko rwiganje mu bitabiriye igitaramo
Diamond Platnumz w’imyaka 36, akunzwe cyane n’urubyiruko ndetse birigaragaza ukurikije abiganje mu bitabiriye iki gitaramo agiye gukorera i Kigali.
Uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania yamenyekanye mu myaka 17 ishize, mu gihe yatangiye umuziki mu myaka 20 ishize.
18:40: Imyambarire yitaweho
Bitandukanye n’uko byajyaga bigenda mu bitaramo, aho ababyitabira bambara uko bishakiye, kuri ubu ikijyanye n’imyambarire ikwiye mu ruhame cyitaweho.
Ku muryango, hari abagiye basubizwa inyuma kubera uburyo bari bambaye, basabwa kujya guhindura kugira ngo bemererwe kwinjira.
18:00: Abitabiriye igitaramo batangiye kugera aho kibera
Bamwe mu bitabiriye igitaramo Diamond Platnumz agiye gukorera i Kigali batangiye kugera kuri BK Arena guhera Saa Cyenda, ariko ntibahita binjira aho kibera muri Parking yayo kuko ahubwo babanzaga mu ya Stade Amahoro.
Ahagana Saa Kumi n’Ebyiri ni bwo batangiye kwinjira, nyuma y’uko bamwe mu baza gufasha abahanzi bari bamaze gusuzuma ibyuma bakoresha.
Amafoto: Kwizera Remy Moses & Kasiro Claude




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!