00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatwaye PGGSS bose batumiwe muri ‘MTN Iwacu Muzika Festival’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 May 2026 saa 03:42
Yasuwe :

Abahanzi barindwi batwaye ‘Primus Guma Guma Super Star’ batumiwe mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye kuzenguruka mu Mijyi irindwi y’u Rwanda kuva ku wa 20 Kamena 2026 kugeza ku wa 1 Kanama 2026.

Ibi byemejwe na Mushyoma Joseph uzwi nka Bubu akaba umuyobozi wa EAP isanzwe itegura ibi bitaramo ku bufatanye na sosiyete nka MTN Rwanda, Primus ndetse by’umwihariko muri uyu mwaka hakaba hamaze kwiyongeramo BPR Bank Rwanda Plc.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 18 Gicurasi 2026, Bubu yavuze ko kimwe mu dushya tuzaranga ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ uyu mwaka, harimo ko ku bufatanye na Primus, abahanzi begukanye ‘Primus Guma Guma Super Star’ uko ari zirindwi.

Ati “Kuri iyi nshuro turi kumwe na Primus, rero bahisemo ko mu bitaramo by’uyu mwaka abahanzi batwaye ‘Primus Guma Guma Super Star’ twazabana. Harimo umwe watuvuyemo mu umunani bayitwaye nawe tuzagira umwanya wo kumuha icyubahiro.”

Ibitaramo bya Primus Guma Guma Super Star byegukanywe n’abarimo Tom Close, King James, Riderman, Jay Polly, Butera Knowless, Urban Boys, Dream Boys na Bruce Melodie.

Byitezwe ko Bruce Melodie azataramira i Ngoma, Urban Boys itaramire mu Karere ka Rubavu, Riderman i Musanze, Knowless i Muhanga, Dream Boys (izaba ihagarariwe na Platini) i Huye na Tom Close i Nyagatare.

Aba bahanzi bazajya bagenda biyongera ku batangajwe ko bagiye kwitabira ibi bitaramo nka Chriss Eazy, Bushali, Marina, Kenny Sol, Davis D, Kevin Kade na Ross Kana.

Kevin Kade na Kenny Sol nibo batabashije kwitabira iki kiganiro n'abanyamakuru kuko bari babisabiye uruhushya
Ikiganiro n'abanyamakuru cya 'MTN Iwacu Muzika Festival' cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru
BPR Bank Rwanda Plc yinjiye bwa mbere muri 'MTN Iwacu Muzika Festival'
Ku nshuro ye ya mbere, Davis D yitabiriye ibitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival'
Ross Kana nawe ni ubwa mbere yitabiriye ibirori bya 'MTN Iwacu Muzika Festival'
Bushali ni umwe mu bahanzi badakunze kubura muri ibi bitaramo cyane ko afitemo abafana benshi
Marina yateguje kwitwara neza muri ibi bitaramo
Chriss Eazy yongeye kwitabira ibitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival'
Bubu yemeje ko abahanzi batwaye 'Primus Guma Guma Super Star' bagiye kwitabira ibitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival
Nyuma y'ikiganiro n'abanyamakuru abahanzi bafatanye ifoto y'urwibutso n'abafatanyabikorwa b'ibi bitaramo

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages