Ubusanzwe bazakubwira ko umuntu yabengutse undi ibizwi nka ‘crush’ igihe azaba amukunda bikomeye ariko adafite uko yabimubwira agashiriramo imbere. Benshi baribuka ko aho bize cyangwa bakuriye hari n’abarwararaga ‘indege’. Ese iracyabaho?
Ntidutinde mu gusobanura ahubwo twinjire mu kiganiro IGIHE giranye na Jasinta Makwabe watangaje ko yiga mu mashuri yisumbuye ndetse na kaminuza yari yarihebeye Meddy.
Jasinta Makwabe yakomoje ku kuba yarigeze kubenguka ’ August Alsina, na Meddy mu gihe kuri ubu umusore yihebeye ari Damson Idris n’undi w’Umunyarwanda yirinze kuvuga.
Ati “Kera nigeze kubenguka August Alsina ariko nyuma yaje kujya aryamana n’abo bahuje ibitsina. Ni bibi cyane nahise mureka, ariko hariho undi musore w’icyamamare muri sinema witwa Damson Idris. I Kigali na ho hari undi musore nkunda cyane ariko reka mureke.”
Jasinta Makwabe yatangaje ko yakuze akunda Meddy ariko akaryumaho.
Ati “Nakuze nkunda Meddy, naramukundaga cyane rwose. Ariko reka nkubwire ikintu gikomeye, nshobora kugukunda cyane ariko narinda mfa ntabikubwiye. Namukundaga cyane nshyiga muri kaminuza ariko uko ibihe byagiye bikura bimvamo gake gake.”
Jasinta Makwabe wemeje ko u Rwanda na Ethiopia ari byo bihugu abona bigira abasore beza, yavuze ko ntako bisa gushaka umugabo w’Umunyarwanda.
Uyu mukobwa umaze iminsi i Kigali aho yitabiriye imikino ya BAL, aherutse gutandukana n’umugabo yiteguraga kurushinga na we. Ubukwe bwabo bwapfuye ku munota wa nyuma.
Ati “Twakoze imihango yo gusaba no gukwa ariko ntabwo twakoze ubukwe, umugabo yarambeshyaga ntabwo yendaga kunshaka [...] nageze aho nenda kurwara agahinda gakabije gusa nshimira Imana kandi mpora nyisaba kuzampa umugabo tuzabyarana tugakorana umuryango.”
Jasinta Makwabe yavuze ko ku bwe yakwishimira gushaka umugabo w’Umunyarwanda, ati “Byaba ari ibintu bidasanzwe, mbonye ufite gahunda ihamye byaba ari byiza cyane.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!