00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KIPM: Abanyarwandakazi bihariye imidali ya Half-Marathon (Amafoto & Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 14 June 2026 saa 09:32
Yasuwe :

Kephar Lumbasi Namutala mu bagabo na Ivyne Jeruto mu bagore, bombi bakomoka muri Kenya, ni bo begukanye Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya “Kigali International Peace Marathon” mu gihe imidali yose yo muri Half-Marathon y’abagore yasigaye mu Rwanda kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026.

Iri rushanwa ryitiriwe amahoro, ryabaga ku nshuro yaryo ya 21 kuva mu 2005, ryahagurukiye ndetse risorezwa kuri Stade Amahoro.

Mu bayobozi baryitabiriye harimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Siporo, Candy Basomingera; Visi Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Imikino Ngororamubiri, Jackson Tuei na Perezida wa RAF, Col (Rtd) Kayumba Lemuel.

Ni Kigali International Peace Marathon yari yihariye, dore ko kuri iki Cyumweru hasiganwe aba Full Marathon na Half Marathon gusa, nyuma y’uko abantu 4.197 bitabiriye ‘Run for Peace’ y’ibilometero 10 ku munsi wabanje, ku wa Gatandatu.

Bwa mbere kandi, isiganwa rya Full Marathon ry’ibilometero 42 ryakinwe guhera Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice za mu gitondo kugira ngo byorohereze abakinnyi kubera ikirere cy’i Kigali kizamo izuba ryinshi iyo hakeye.

Nyuma yo gutangizwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera, abakinnyi 518 barimo abakina amasiganwa akomeye ku Isi batumiwe i Kigali, bahise batangira gusiganwa.

Inzira yakoreshejwe ni Amahoro Stadium-Chez Lando-Gishushu RDB-MTN Nyarutarama (Akabuga ka Nyarutarama)-Gishushu RDB-KCC-University of Kigali –Kacyiru- MINAGRI-Kwa Ambasaderi wa USA- KABC-Kimihurura ku Kabindi-Primature-ku Kabindi-Kigali Heights- University of Kigali-KCC-Gishushu-Chez Lando- Amahoro Stadium (Zigama Gate)-kwa Rwahama-Simba Kimironko- KFC Kimironko-Controle Technique-Amahoro Stadium.

Umunya-Kenya Kephar Lumbasi Namutala yegukanye Kigali International Peace Marathon ya 2026 mu bagabo, akoresheje amasaha abiri, iminota 14 n’amasegonda 19. Ni byo bihe bito bibayeho mu mateka y’iri rushanwa ry’abagabo ribera i Kigali.

Yakurikiwe na mwenewabo Shadrack Kimining wabaye uwa kabiri yasizwe amasegonda mu gihe ku mwanya wa gatatu hasoreje Benard Kipkorir na we wo muri Kenya.

Abandi bakinnyi basoreje mu myanya umunani ya mbere ihemberwa ni Bazezew Asmare Belay (Ethiopia), Kaan Kigen Ozbilen (Turikiya), Julius Ochieng (Uganda), Ntirenganwa Fidèle (Rwanda) na Kipkirui Langat (Kenya).

Mu bagore, isiganwa ryegukanywe n’Umunya-Kenya Ivyne Jeruto uri mu bakinnyi bakomeye batumiwe, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota 35 n’amasegonda 35.

Yakurikiwe na Tegest Ayalew Ymer (Ethiopia) yasize amasegonda 41 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na Tsega Desta Mehari na we wo muri Ethiopia.

Ibihe Ivyne Jeruto yakoresheje ni byo bito bikoreshejwe mu mateka ya Full Marathon ibera i Kigali mu cyiciro cy’abagore.

Abandi basoreje mu myanya umunani ya mbere ni Viola Munerya (Uganda), Dolphine Kemunto Nyagaka (Kenya), Mabre Haile Degefa (Ethiopia), Rita Jelagat (Kenya) na Dorine Jerop Murkomen (Kenya).

Mu cyiciro cya Half Marathon y’ibilometero 21, cyitabiriwe n’abakinnyi 2.942 mu bagabo n’abagore, isiganwa ryatangiye Saa Mbiri n’iminota 15, abakinnyi bazenguruka inshuro imwe mu nzira yakozwe n’abakinnye Full Marathon.

Umunya-Kenya Amos Kirui yegukanye iri siganwa rya Half Marathon mu cyiciro cy’abagabo, akoresheje isaha imwe, iminota ine n’amasegonda 16, akurikirwa na Oscar Kibet wo muri Uganda mu gihe uwa gatatu yabaye Zakariah Kirika Gacugu wo muri Kenya.

Abandi basoreje mu myanya umunani ya mbere ni Mark Biryomumeisho (Uganda), Titus Kipchirchir Kibet (Kenya), Tanui Nicholas Kipkoech (Kenya), Jamal Kipron Kipkosgei (Kenya) na John Hakizimana (Rwanda).

Mu cyiciro cy’abagore, mu bakinnye ntiharimo Niyonkuru Florence wegukanye Half Marathon ya 2025 na Imanizabayo Emeline wabaye uwa gatanu kubera ko bari kwitegura Imikino ya Commonwealth izabera i Glasgow muri iyi mpeshyi.

Gusa ntibyabujije ko umudali wa Zahabu wongera gusigara i Kigali aho wegukanywe na Ibishatse Angélique wegukanye Half Marathon y’uyu mwaka akoresheje isaha imwe, iminota 13 n’amasegonda 30.

Yakurikiwe na Mutuyimana Berthilde yasize amasegonda 24 na Tuyambaze Thabita yasize amasegonda 37, aho bose ari Abanyarwanda.

Abandi basoreje mu myanya itanu yakurikiyeho ni Mercy Jepkemoi Kipyego (Kenya), Byukusenge Devotha (Rwanda), Lelei Lilian Jepkemboi (Kenya), Kilel Caroline (Kenya) na Lolima Irine Chepkorir (Kenya).

Umukinnyi wegukanye Full Marathon mu bagabo n’abagore yahawe ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 29,3 Frw], uwa kabiri ahabwa ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atwara 7500$.

Uwa kane yabonye 5000$, uwa gatanu abona 3000$ mu gihe kuva ku wa gatandatu kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1500$ na 1000$.

Mu basiganwe Igice cya Marathon [ibilometero 21,098], uwa mbere mu bagabo no mu bagore yahawe 5000$ [asaga miliyoni 7,3 Frw].

Uwa kabiri yabonye 4000$, uwa gatatu ahabwa 3000$. Kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1000$, 800$, 500$ na 400$.

Kigali International Peace Marathon iri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi [Elite Label], ariko uyu mwaka yatumiwemo abakinnyi 22 bakina amarushanwa yo ku rwego rwa kabiri [Gold Label] kugira ngo izazamurirwe urwego.

Kephar Lumbasi Namutala yegukanye Kigali International Peace Marathon ya 2026 mu bagabo
Shadrack Kimining wabaye uwa kabiri mu bagabo
Ivyne Jeruto wo muri Kenya, yegukanye Kigali International Peace Marathon ya 2026 mu bagore
Ivyne Jeruto yaciye agahigo ko gukoresha ibihe bito muri KIPM
Tegest Ayalew Ymer wo muri Ethiopia ni we wabaye uwa kabiri mu bagore
Tsega Desta Mehari yabaye uwa gatatu muri Full Marathon y'Abagore
Ibishatse Angelique yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo kuba uwa mbere muri Half-Marathon y'abagore
Ibishatse Angélique yari yabaye uwa gatandatu mu 2025
Mutuyimana Berthilde wabaye uwa kabiri mu bagore basiganwe Half-Marathon
Byukusenge Devotha yabaye uwa gatanu muri Half-Marathon y'abagore
Tuyambaze Thabita yabaye uwa gatatu muri Half-Marathon y'abagore
Umunya-Kenya Amos Kirui yegukanye isiganwa rya Half Marathon mu cyiciro cy'abagabo
Oscar Kibet wo muri Uganda ni we wabaye uwa kabiri mu bagabo bakinnye Half-Marathon
Umunyarwanda Hakizimana John yabaye uwa munani muri Half Marathon y'abagabo

Andi mafoto yaranze irushanwa rya Full Marathon:

Ubwo abakinnye Half-Marathon bahagarukaga kuri Stade Amahoro

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages