00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

WC2026: Umubyeyi wa Vozinha agiye kujyanwa muri Amerika ikubagahu

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 June 2026 saa 10:25
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika igiye gufasha Nyina w’umunyezamu wa Cap Vert, Vozinha, kubona visa imwemerera kujya kureba Igikombe cy’Isi.

Vozinha ni umwe mu bakinnyi bafashije b’Ikipe y’Igihugu ya Cap Vert bakinnye na Espagne bakanganya 0-0, ndetse aba n’umukinnyi mwiza w’umukino nyuma yo gukuramo imipira irindwi yabazwe.

Akimara kwigaragaza muri uyu mukino yazenze amarira mu maso, abajijwe impamvu avuga ko ari ukugera ku nzozi ze ariko akababazwa n’uko Nyina atigeze abona uko yitabira iri rushanwa kuko yabuze amafaranga yo kwishyura visa imwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru CNN, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeye ko uyu mukinnyi agiye gufashwa kubona ibyangombwa by’umubyeyi we kugira ngo azakurikirane imikino ikurikiraho ya Cap Vert.

Amakuru ava muri Cap Vert avuga ko umubyeyi wa Vozinha nta n’urwandiko passport yagiraga, ku buryo yakwemererwa gushaka visa muri icyo gihugu.

Uyu mukinnyi w’imyaka 40 ni umwe uri mu bari gukurikiranwa cyane muri iri rushanwa, dore ko abamukurikira ku rubuga rw Instagram bavuye ku bihumbi 20 bakaba barenga miliyoni 11,4 mu minsi ibiri.

Cap Vert izasubira mu kibuga ku wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026 ahura na Uruguay, mbere yo gukina na Arabie Saoudite ku itariki ya 27 Kamena.

Vozinha ni umwe mu bakinnyi bari kuvugwa cyane mu Gikombe cy'Isi
Vozinha yahesheje ishema umuryango we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages