Rayon Sports ikomeje kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/27, gusa mu byo ishyize imbere ikemura harimo ibibazo by’imiyoborere n’iby’amikoro.
Murenzi yavuze ko mu bibazo Gikundiro ifite harimo n’icy’imisoro yagombaga kuba yarishyuwe mu bihe byatambutse, ibituma kugeza ubu idakorana neza n’amabanki nk’uko bikwiriye.
Ati “Twasanze hari ikibazo gikomeye cyane cya CRB (Credit Reference Bureau), kubera amadeni atandukanye, ku buryo tutashoboraga kubona serivisi za banki. Byaragendaga bikagera mu bigo bibishinzwe.”
“Ubu twateye intambwe ku kibazo twari dufitanye na Rwanda Revenue Authority (RRA) cy’asaga miliyoni 400 Frw, tuganiraho uburyo tuzagikemura. Ubu turi gushaka uburyo tuva muri ‘CRB’ ku buryo dushobora kubona serivisi za banki, kuko ntushobora gukora ngo utere imbere udakorana na banki neza.”
Gikundiro ibereyemo hafi miliyoni 50 Frw, Suleiman Daffe wayikiniye na Afahmia Lotfi wayitoje, ikanaberamo amafaranga yo kugura abakinnyi ab’Abanyarwanda mu ikipe y’abagore n’iy’abagabo agera muri miliyoni 90 Frw, bitewe n’uko itandukana na bo bidakurikije amategeko.
Ibigo byakoranye na Rayon Sports mu zindi serivisi zitandukanye, bifitiwe na Rayon Sports ibirarane n’amadeni by’arenga miliyoni 340 Frw.
Murenzi avuga ibyo bibazo by’ari hafi ya miliyari 1 Frw, byatewe n’amateka Rayon Sports yanyuzemo byiganjemo iby’imiyoborere, ari na byo by’ibanze Komite y’Inzibacyuho muri iyi kipe yashyiriweho ngo ikemure.
Mu gukemura ibibazo by’amafaranga biri muri Rayon Sports, yagiranye amasezerano na Banki ya Kigali izaba ari umuterankunga mukuru kuva mu mwaka utaha w’imikino. Hari kandi Jayrutty Investment na Airtel Rwanda izatanga hagati ya 30% na 40% by’ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka utaha.
Iyi kipe iri kwitegura umwaka mushya yaguze abakinnyi barimo Nizeyimana Mubaraka, Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!