00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bisengimana Justin yagizwe Umutoza Mukuru wa AS Kigali

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 June 2026 saa 12:15
Yasuwe :

Nyuma yo kugira umwaka mwiza w’imikino wa 2025/26 muri Gicumbi FC, Bisengimana Justin, yagizwe Umutoza Mukuru wa AS Kigali asimbura Mbarushimana Shaban.

AS Kigali ni imwe mu makipe ataragize umwaka w’imikino mwiza kuko yahuye n’ibibazo by’imiyoborere, bikajyana n’umusaruro nkene nyamara yari imwe mu makipe ahatanira itike yo gusohokera u Rwanda.

Mu kurushaho kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino wa 2026/27, yatangiye kugura abakinnyi n’abatoza bashya bazafatanya na yo mu rugendo rushya.

Iyi kipe y’Umujyi wa Kigali yamaze guha akazi Bisengimana Justin nk’Umutoza Mukuru, kugira ngo azayitoze mu myaka ibiri iri imbere.

Bisengimana yavuye muri Gicumbi FC yagezemo mu mwaka ushize ari na bwo yari ikizamuka mu Cyiciro cya Mbere, ayifasha gusoreza ku mwanya wa 12 n’amanota 38 muri BK Pro League.

Umukino mwiza yagaragaje muri uyu mwaka w’imikino byatumye ajya mu batoza bahataniye igihembo cy’uwahize abandi. Iki agihanganiye n’abarimo Laurențiu Reghecampf watozaga Al Hilal SC.

Abandi batoza bagihanganiye ni Darko Novic wa Al Merrikh, Canisius Nshimiyimana wa Mukura VS, Haringingo Francis wa Rayon Sports na Abderrahim Taleb wa APR FC.

AS Kigali yabaye iya 14 n’amanota 35 mu mwaka ushize ifite abakinnyi bashya. Abo ni Umunya-Nigeria, Daniel Ikapo Kalu, Munyemana Alexandre, Niyigena Emmanuel, Hoziana Kenedy.

Yongereye kandi amasezerano ya Uwiduhaye Saidi, Nshimiyimana Tharcisse, Kanuma Pascal na Ndikuriyo Patient.

Bisengimana Justin ari mu batoza bitwaye neza mu mwaka wa 2025/26
Bisengimana Justin yatandukanye na Gicumbi FC yerekeza muri AS Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages