00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bigoranye Qatar yabonye inota rya mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 June 2026 saa 11:28
Yasuwe :

Myugariro wa Qatar Boualem Khoukhi, yaboneye Ikipe y’Igihugu ya Qatar igitego cyo ku munota wa nyuma cyishyura icyo yari yatsinzwe na Breel Embolo w’u Busuwisi, amakipe yombi anganya igitego 1-1, cyahesheje inota rya mbere Qatar mu mateka y’Igikombe cy’Isi.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 13 Kamena 2026, ni bwo kuri Levi’s Stadium yo mu Mujyi wa Santa Clara, i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hakomereje imikino y’Igikombe cy’Isi.

Qatar yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo ikore amateka yo gutsinda umukino wa mbere mu Gikombe cy’Isi mu nshuro ebyiri imaze kwitabira nyuma y’icyabereye iwayo mu 2022.

Iyi kipe ntabwo yagize intangiriro nziza z’umukino kuko rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Busuwisi, Breel Embolo, yafunguye amazamu ku gitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 17 kuri penaliti.

Uyu rutahizamu watsinze igitego habuze gato kugira ngo ntakine iri rushanwa, kuko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zamwimye visa yo kwinjira mu gihugu kubera ko yigeze kugezwa imbere y’inkiko.

Gusa nyuma yo gusuzuma ubujurire bwe, uyu mukinnyi yamuhaye ibyangombwa asanga bagenzi be bitegurana irushanwa.

Muri iki gice, u Busuwisi bwahushije ibindi bitego harimo uburyo bwa Denis Zakaria ku munota wa 21, Dan Ndoye ku munota wa mbere w’inyongera ku gice cya mbere, Ruben Vargas ku munota wa gatatu w’inyongera na Michel Aebischer ku wa gatandatu w’inyongera.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Qatar itabashije kwishyura iki gitego, ahubwo iri no gusatirwa cyane, ku buryo byashobokaga ko yatsindwa igitego cya kabiri.

Ubwo uyu mukino wari ugeze hagati, umwe mu bafana wari wambaye ubusa yacitse abashinzwe umutekano wo ku kibuga yinjira mu kibuga, ariko abapolisi baramwirukankana baramugarura.

Mu gice cya kabiri Qatar itozwa na Julen Lopetegui yananiwe kugaruka mu mukino, ahubwo ku munota wa gatandatu w’inyongera kuri 90 y’umukino, ni bwo yahise ibona igitego cyo kunganya cyashyizwemo na myugariro wayo Boualem Khoukhi.

Aya ni amateka mashya Qatar yakoze mu Gikombe cy’Isi yo kubona inota rya mbere mu mikino ine imaze kugikinamo. Umukino ukurikira uzayihuza na Canada ku wa Kane, tariki ya 18 Kamena 2026.

Icyo gihe u Busuwisi bwirangayeho na bwo buzahura na Bosnie-Herzégovine.

Umukino w’Igikombe cy’Isi ukurikiraho urahuza Ikipe y’Igihugu ya Maroc na Brésil kuri MetLife Stadium muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abafana bari benshi muri Levi's Stadium mbere y'uko umukino utangira
Umukino wa Qatar n'u Busuwisi wabereye kuri Levi's Stadium
Ifoto y'ikipe igiye gukina ya Qatara yagiyemo abakinnyi bose yitwaje mu Gikombe cy'Isi
Qatar yakinnye nabi igice cya mbere
Umunyezamu wa Qatar yahuye n'akazi gakomeye
Breel Embolo yishimira igitego
Breel Embolo yatsinze igitego hakiri kare cyane
Breel Embolo wari wangiwe kwinjira muri Amerika yabonye igitego ku mukino wa mbere
Breel Embolo yashimiye abafana
Igitego cy'u Busuwisi cyabonetse kuri penaliti
U Busuwisi bwirangayeho mu buryo bugaragara
Boualem Khoukhi yishyuye igitego cya Qatar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages