00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akaruhuko ko kunywa amazi mu Gikombe cy’Isi gakomeje kurikoroza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 June 2026 saa 03:30
Yasuwe :

Abafana bari gukurikira imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bakomeje kugaragaraza kutishimira akaruhuko gafatwa n’abakinnyi muri buri gice kugira ngo basome ku mazi, ndetse bamwe muri bo bavugije induru ubwo umusifuzi yahagarikaga umukino.

Byagaragaye cyane ku mikino yo mu Itsinda L yabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, ubwo u Bwongereza bwakinaga na Croatia kuri Dallas Stadium ndetse no ku mukino wa Ghana na Panama wabereye muri Toronto.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ritegeka ko muri buri gice cy’umukino w’Igikombe cy’Isi, hafatwa iminota itatu yo gufasha abakinnyi gusoma ku mazi kugira ngo bahangane n’ubushyuhe buri muri Amerika y’Amajyaruguru muri iyi mpeshyi.

Abanenga iki cyemezo bavuga ko bisubiza umukino inyuma, abandi bakavuga ko bigabanya umukino mu bice bine, bigafasha aberekana imikino kubona umwanya wo kwamamarizamo.

Abafana b’u Bwongereza bavugije induru ubwo umusifuzi Clément Turpin yavuzaga isifure ngo umukino uhagarare ku munota wa 22, abakinnyi bajye gusoma ku mazi.

Umutoza wa Panama, Thomas Christiansen, nyuma yo gutsindwa na Ghana, yagize ati “Iyo ubonye akaruhuko, ni umwanya wo kugira ibyo ukosora. Ntabwo hari hashyushye, ariko tugomba kubyemera kuko abamamaza kuri televiziyo ni bo bishyura ibi bintu byose.”

Ahandi abafana bavugije induru ni ku wa Kabiri, ubwo Norvège yakinaga na Iraq kuri Boston Stadium, aho ubushyuye bwa dogire Celcius 23.

Iraq yari yazibiye Norvège byanganyaga ubusa ku busa, ndetse inakina neza, ariko yahise itsindwa igitego nyuma y’iminota ine umukino usubukuwe mu gihe wose warangiye itsinzwe ibitego 4-1.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages