00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntore Habimana na Axel Mpoyo bahagaritswe umwaka mu bikorwa bya Basketball

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 June 2026 saa 02:07
Yasuwe :

Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball bakanga kwitabira ubutumire, bahagaritswe umwaka wose mu bikorwa bya Basketball mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Imikino ya Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryashyize hanze itangazo ry’imyanzuro yafatiwe aba bombi.

Yagize iti “FERWABA yahagaritse abakinnyi Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo mu bikorwa bya Basketball nyuma y’icyemezo cy’uko banze kwemera ubutumire mu Ikipe y’Igihugu yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikokmbe cy’Isi ‘FIBA Basketball World Cup African Qualifiers’ kandi bararekuwe n’amakipe yabo.”

“Ishyirahamwe ryashingiye ku mategeko ya FIBA ndetse n’imyanzuro y’Inteko Rusange, bireba abakinnyi bahamagawe mu mirimo y’Ikipe y’Igihugu nko kwitabira ubutumire. FERWABA izakomeza kwita ku kinyabupfura, kwiyemeza no kubaha amategeko mu Ikipe y’Igihugu.”

Mu Nama y’Inteko Rusange ya FERWABA yabaye mu Ukuboza 2025, hemejwe ko umukinnyi uzajya wanga kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu kandi ikipe ye yamutanze, azajya ahagarikwa umwaka wose mu bikorwa bya Basketball mu Rwanda.

Si ubwa mbere aba bakinnyi bombi banze kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu, kuko babikoze mu 2024 ubwo yiteguraga imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika yabereye i Dakar muri Sénégal. Icyo gihe bavugaga ko bananiwe kubera umwaka w’imikino wabaye muremure.

Aba ni bamwe mu bafashije ikipe ya RSSB Tigers BBC kwegukana irushanwa rya mbere muri Afurika muri Basketball rya Basketball Africa League (BAL 2026), ari na bwo bwa mbere byari bibaye ku ikipe yo mu Rwanda.

Icyiciro cya mbere cy’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, Ikipe y’u Rwanda yitwaye nabi itsindwa imikino yose uko ari itatu, ikaba ari yo ya nyuma mu Itsinda C ririmo Guinea iyoboye n’amanota atandatu, Tunisia y’amanota atanu na Nigeria y’amanota ane.

Ikurikiraho izabera muri Angola kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 5 Nyakanga 2026.

Axel Olenga Mpoyo yanze kwitabira ubutumire mu mikino y'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda
Ntore Habimana yahagaritswe muri Basketball y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages