00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

New York Knicks yegukanye Igikombe cya NBA nyuma y’imyaka 53

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 June 2026 saa 07:17
Yasuwe :

Ikipe ya New York Knicks yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) nyuma y’imyaka 53, nyuma yo gutsinda San Antonio Spurs amanota 94-90 mu mukino wa gatanu wabaye mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru.

Knicks yabonye intsinzi iyigoye, ariko itabarwa n’abarimo Jalen Brunson watsinze amanota 45 arimo 14 yo mu gace ka kane.

Mu ruhererakane rw’imikino irindwi hagamijwe gutanguranwa intsinzi enye, New York Knicks yatsinze imikino ibiri ya mbere, Spurs itsinda uwa gatatu.

Knicks yatsinze umukino wa kane iturutse inyuma aho yarushwaga amanota 28 ndetse no kuri uyu mukino wa gatanu byayisabye gutsinda iturutse inyuma.

Nyuma y’agace ka mbere, iyi kipe yarushwaga amanota 10 mu gihe amakipe yombi yagiye kuruhuka Spurs ifite amanota 42-37.

Ikinyuranyo cyigeze kongera kuba amanota 10 ubwo hari hasigaye iminota umunani n’amasegonda 21, ariko Brunson atsinda amanota 13 ya Knicks yakurikiyeho, ayishyira imbere n’amanota 86-85 ubwo haburaga iminota itatu n’amasegonda 40.

Ubwo umukino wari ugeze mu masegonda ya nyuma muri Texas, ibihumbi by’abafana ba New York Knicks bahuriye hanze ya Madison Square Garden no mu tubari twaho, batangira kubyina intsinzi.

Iki gikombe ni icya gatatu cya NBA iyi kipe yegukanye nyuma y’icyo mu 1970 n’icyo mu 1973.

Jalen Brunson ni we wabaye umukinnyi mwiza w’Imikino ya Nyuma ya NBA y’uyu mwaka, nyuma yo kugira impuzandengo y’amanota 32,6, iya 4,6 muri ’assists’ na 4,2 muri ’rebounds’.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages