00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isura nshya ya Rusororo (Amafoto)

Yanditswe na Shumbusho Djasiri
Kuya 15 February 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Iterambere ry’u Rwanda rigaragarira mu bintu bitandukanye, icya mbere kikaba imibereho myiza y’Abanyarwanda, irangajwe imbere n’imiturire myiza kandi igezweho.

I Rusororo ni hamwe mu bihamya byemeza uburyo u Rwanda ruri gutera imbere. Aka gace kahoze kadatuwe cyane, ubu kabarizwamo inyubako zigezweho, nyinshi zo guturamo ndetse n’izindi z’ibikorwa bitandukanye.

Bamwe bahazi kuko bahageze bagiye guherekeza inshuti n’abavandimwe, cyane ko ari naho habarizwa irimbi riruhukiyemo benshi.

Icyakora iyo utembereye hirya no hino mu nsisiro zo muri aka gace, biroroshye kubona impamvu iyi Rusororo yabaye ikimenyabose. Ni agace karimo inyubako zigezweho, nyinshi zubatswe mu myaka ya vuba ku buryo zubatswe mu buryo bunogeye ijisho, zigatuma Rusororo ikundwa na benshi.

Kuva ucyinjira muri aka gace, umutuzo ni kimwe mu bintu by’ibanze uhita ubona. Ibibazo birimo urusaku n’ibindi nk’imyanda, biragoye kubisanga i Rusororo.

Magingo aya, aka gace kari muri tumwe dufite ibibanza bihenze mu Mujyi wa Kigali, dore ko benshi bamaze kubona ko kari mu nkengero, ariko umutuzo uhari ari ikintu kidasanzwe.

Aha kandi tunahasanga Ibiro Bikuru by’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, hakabarizwa n’inyubako ya Intare Arena iri mu nziza mu gihugu zakira ibirori n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi.

Iyi Rusororo narayitembereye, kandi nuntiza umwanya ndakumara amatsiko mu mafoto anogeye ijisho natoranyije.

Iyo uvuye mu muhanda munini winjira muri uyu ukwerekeza muri Rusororo
Hari ibikorwa remezo byifashishwa n'abafite ibinyabiziga mu gihe bakeneye ibikomoka kuri peteroli
Hari amashuri ajyanye n'icyerekezo u Rwanda rwifuza
Ni iwabo w'inyubako zigezweho
Abamaze kunywesha ibikomoka kuri peteroli bashyiriweho n'aho bashobora guhahira ibindi bintu nkenerwa mu buzima bwa buri munsi
Ku ruzitiro rw'iri shuri, hashyizweho ubutumwa bushishikariza abanyeshuri gukunda kwiga
City Infants & Primary School ni ishuri ribanza ritanga uburezi bufite ireme ku banyeshuri barigana
Rusororo ni agace gatuwe ariko katarangwa n'urujya n'uruza rw'abantu cyangwa umuvundo w'imodoka
Amagambo yagiye avugwa n'abahanga batandukanye babayeho mu mateka nka Albert Einstein, yagiye ashyirwa kuri iri shuri ngo atere umurava abaryigamo
Amarembo y'ishuri rya City Infants & Primary School
Inyubako z'imiturirwa ziba zizamurwa ubutitsa
Inyubako z'imiturirwa ziba zizamurwa ubutitsa
Harangwa n'umutuzo mwinshi ugereranye na bimwe mu bindi bice bigize Umujyi wa Kigali
Abikorera bahafite ibikorwa by'ubucuruzi bifasha abahatuye kubona iby'ibanze bakenera bitabasabye kurenga impinga z'imisozi
Muri Rusororo, ibikorwa remezo by'imihanda ni kimwe mu byitaweho mu buryo bufatika
Ni agace kari gutera imbere bwangu bigendanye n'umuvuduko w'iterambere igihugu kigenderaho
Abanyeshuri bubakiwe ibyumba by'amashuri bihagije hagamijwe guca ubucucike no gufasha abiga kwigira ahantu heza
Rusororo ni umwe mu mirenge 15 igize Akarere ka Gasabo
Hubatswe bijyanye n'igishushanyo mbonera cy'imiturire mu Mujyi wa Kigali
Rusororo yo hambere itandukanye n'iya none mu buryo bugaragarira buri wese
Rusororo ni hamwe mu hantu habereye ijisho mu mujyi wa Kigali
Hahindutse mu rusobe rw'amagorofa
Ikiyaga cyatunganyijwe neza kiri hafi y'Uruganda rw'Inyange ahazwinko kuri 19, kiri mu bifasha abatuye i Rusororo kubona akayaga gahehereye
Ab'i Rusororo baba bitegeye n'igice cya Masaka kibarizwamo Icyanya cyahariwe ubuvuzi n'icyambu kizwi nka Dubai Port
Ibarura Rusange ryo mu 2022 ryagaragaje ko Umurenge wa Rusororo utuwe n'abarenga ibihumbi 60
Muri iki gihe iyo uhitegereje ubona neza koko ko ari ka gasozi keza ka Rusororo katumye abahanzi bakora mu nganzo bakaririmba
Hagiye hari ibice bikigaragaramo ibibanza bike na byo bizaba birimo inyubako mu gihe kiri imbere
Ku Cyicaro Gikuru cy'Umuryango FPR Inkotanyi ni gutya hagaragara urebeye ku ruhande rw'inyuma
Uri i Rusororo aba yitegeye ibindi bice bya Kigali birimo na Kanombe
Ku marembo ya Intare Conference Arena ni uku hagaragara
Hari ibiti bizanira amahumbezi abatuye i Rusororo
Intare Conference Arena ni inyubako yahaye Rusororo ishusho y'ubwiza bwihariye
Imishinga y'ibikorwa bishya ikomeje gukorwaho muri Rusororo
Umunsi ku wundi imirimo yo kubaka inzu nshya iba ikorwa mu bice bigifite ibibanza
Ibikorwa by'ububatsi bifasha abaturage kubona aho bashakira amaronko
Inyubako nshya zikomeje kuzamurwa umusubizo muri uyu Murenge wa Rusororo
Ubusitani ni kimwe mu byitaweho mu myubakire ya Rusororo
Myinshi mu mihanda y'imigenderano yashyizwemo kaburimbo indi yubakishwa amabuye
Ni ahantu harangwa n'isuku nyinshi nk'uko byabaye umuco mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .