00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye mu bihugu by’u Burayi bw’Amajyaruguru bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 17 March 2025 saa 09:32
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Danemark, inshuti zabo na Ambasade y’u Rwanda mu bihugu by’u Burayi bw’Amajyaruguru, bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, bibukiranya uruhare rw’ubwuzuzanye mu iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange.

Uyu munsi mukuru usanzwe wizihizwa ku wa 8 Werurwe buri mwaka ariko muri iki gikorwa wizihijwe ku wa 15 Werurwe.

Ni ibirori byaranzwe no kwishimira ibyagezweho no kuzirikana umusanzu w’abagore mu rugamba rw’iterambere, hanashimangirwa akamaro ko guha imbaraga ubwuzuzanye n’ubumwe mu rugo kuko bigira akamaro ku gihugu.

Ibirori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye bahagarariwe n’Umuyobozi wa Komine Gladsaxe yo mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu, Copenhagen, Trine Græse, washimye ubufatanye buranga Ambasade y’u Rwanda n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Danemark.

Yijeje gukomeza no kongera ubufatanye mu bikorwa binyuranye bya Komine ayobora n’Abanyarwanda.

Ambasaderi w’u Rwanda mu bihugu by’i Burayi bw’Amajyaruguru, Dr. Diane Gashumba yashimye ubudasa bw’Ubuyobozi bw’u Rwanda mu guharanira ubumwe, uburinganire n’uburenganzira bwa buri Munyarwanda.

Yagaragaje ko mu Rwanda umugore yahawe umwanya, bituma agaragaza ko ashoboye kuko ubu bagaragara mu bikorwa binyuranye biteza imbere igihugu.

Amb. Dr. Gashumba yasabye Abanyarwanda batuye muri Danemark gukomeza gukorera hamwe bashaka icyabateza imbere, kigateza n’imbere igihugu.

Umuyobozi Mukuru wa Elekta Foundation, Lacy Hubbard, yasobanuye ko bahisemo gukorana n’u Rwanda kuko barusanganye gahunda zihamye kandi rukorana neza n’abafatanyabikorwa.

Yagaragaje ko ubufatanye bw’abafatanyabikorwa batandukanye bwafashije guhashya kanseri y’inkondo y’umura mu turere twa Gicumbi, Kayonza, Rubavu, Nyabihu, Karongi ndetse ubu bakaba bagiye gutangira mu turere twa Kicukiro na Bugesera.

Abanyarwanda batuye mu Burayi bw’Amajyaruguru bashimiwe ko ari aba mbere muri diaspora bateye inkunga igikorwa cyo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura mu Rwanda.

Hanamuritswe imyambaro ya Kinyarwanda irimo umushanana wambarwa mu birori, imbyino gakondo na filime yakozwe ku rugendo rwo guharanira ubwuzuzanye mu Rwanda.

Trine Græse, Mayor wa Komine ya Gladsaxe, iri muri Copenhagen, Amb. Dr. Diane Gashumba na Eunice Nyaga umwe mubagize RC Danemark
Ibiganiro byagarutse ku kamaro ko guteza imbere imibereho y'umugore mu kubaka iterambere rirambye
Abanyarwanda n'inshuti zabo bizihije umunsi mukuru w'abagore
Amb. Dr. Gashumba yashimye imbaraga zashyizwe mu guteza imbere umugore
Umuyobozi wa Komine Gladsaxe yo mu Murwa Mukuru Copenhagen, Trine Græse, yashimye ubufatanye buranga Ambasade y’u Rwanda n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Danemark
Hatanzwe ibiganiro bigaruka ku ntambwe yatewe mu guteza imbere uburinganire mu Rwanda
Amb Dr. Gashumba yagaragaje ko u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu kubaka uburinganire kuri bose
Hamuritswe ibikoresho bigize umuco nyarwanda
Ni igikorwa cyari cyitabiriwe n'Abanyarwanda ndetse n'inshuti zabo
Hamuritswe ibikoresho n'imyambaro biranga umuco nyarwanda
Wari umunsi w'ibyishimo ku bitabiriye iki gikorwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .