00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arenga miliyoni 900 Frw agiye gushorwa muri gahunda y’imiyoborere myiza

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 3 March 2026 saa 04:38
Yasuwe :

Umuryango Trōcaire wa Kiliziya Gatolika muri Irlande ufasha mu gutera inkunga ibikorwa by’iterambere ry’abaturage watangije gahunda igamije kongera imbaraga mu guteza imbere imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, gushyira umuturage ku isonga ndetse no kongera uburyo agezwaho serivisi.

Imiyoborere myiza ni kimwe mu by’ingenzi u Rwanda ruzwiho ku rwego mpuzamahanga kuva mu myaka irenga 30 ishize, iyi ni imwe mu nkingi zahawe umwihariko mu byo Guverinoma yiyemeje kuzibandaho mu myaka itanu iri imbere.

Ubushakashatsi ngarukamwaka ku miyoborere buzwi nka Rwanda Governance Scorecard bwakozwe n’Urwego rw’Imiyoborere, RGB mu 2025, bwerekanye ko inkingi y’imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza iri ku kigero cya 86,31% muri uwo mwaka.

Niyo mpamvu binyuze mu nkunga y’Ibiro bya Guverinoma y’u Bwongereza bishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Commonwealth n’Iterambere, FCDO, Umuryango Trōcaire wateguye iyi gahunda yitwa ‘Twiyubakire Programme’ izatwara miliyoni zirenga 900 Frw igamije gushyira umuturage ku isonga binyuze mu kubafasha mu kubakorera ubuvuguzi mu mishinga itandukanye irimo uburezi n’ubuhinzi.

Iyi gahunda ya “Twiyubakire Programme” yamuritswe ku mugaragaro ku wa 27 Gashyantare 2026.

Gusa iyi gahunda ya “Twiyubakire Programme” wari umaze amezi icyenda ukiri mu igeragezwa mu turere umunani turimo Rusizi, Gisagara, Kamonyi, Muhanga, Nyaruguru, Nyamagabe, Gatsibo na Bugesera.

Umuyobozi wa Trōcaire mu Rwanda, Marleen Levina Masclee, yagaragaje ko intego nyamukuru ya ‘Twiyubakire Programme’ ari uguteza imbere ubufatanye hagati y’abaturage n’inzego za Leta mu bijyanye n’imishinga y’uburezi n’ubuhinzi.

Ati “Intego y’iyi gahunda ni uguteza imbere ubufatanye hagati y’abaturage n’inzego za Leta cyane cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, uburezi ndetse n’ubumwe bw’Abanyarwanda. Kandi ibyo tuzakomeza kubikora dushyira imbere abagore, urubyiruko ndetse n’abantu bafite ubumuga.”

Umuyobozi ushinzwe iterambere muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Billy Stewart, yashimye uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu miyoborere ikwiriye kandi ishyira imbere abaturage.

Trōcaire igaragaza ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa igihe cy’umwaka kuko izarangira muri Werurwe 2027 ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda ishyigikira ibikorwa by’Amajyambere y’Ibanze, CCOAIB.

Umuryango Trōcaire watangiye gukorera mu Rwanda mu 1994 nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ugira uruhare mu iterambere ry’Abaturage himakazwa kurwanya ubukene ndetse no guteza imbere ubutabera.

Igikorwa cyo gutangiza 'Twiyubakire Programme' cyitabiriwe n'ab'ingeri zinyuranye
Umuyobozi ushinzwe iterambere muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Billy Stewart, yashimye uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu miyoborere ikwiriye kandi ishyira imbere abaturage
Umuyobozi ushinzwe iterambere muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Billy Stewart, yashimye uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu miyoborere ikwiriye kandi ishyira imbere abaturage
Miliyoni 900 Frw agiye kwifashishwa mu guteza imbere Abanyarwanda himakazwa imiyoborere ikwiye
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Trocaire Rwanda, Kabeza Angelique yagaragaje ko bagiye gushora miliyoni zirenga 900 Frw muri gahunda ya Twiyubakire Programme igamije guteza imbere imiyoborere myiza
Umuyobozi wa Trōcaire mu Rwanda, Marleen Levina Masclee, yagaragaje ko intego nyamukuru ya Twiyubakire Programme ari uguteza imbere ubuhinzi n’uburezi
Igikorwa cyo gutangiza 'Twiyubakire Programme' cyitabiriwe n'ab'ingeri zinyuranye
Umuyobozi Mukuru wungirije wa RGB, Dr. Usengumukiza Félicien ni umwe mu bitabiriye iki gikorwa cyo gutangiza gahunda ya Twiyubakire Programme

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages