00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ibihumbi 35 bashobora kwakira no kwishyura inguzanyo ya BRD bifashishije Airtel Money ku buntu

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 10 December 2025 saa 03:58
Yasuwe :

Abanyeshuri ba Kaminuza barenga 35.000 ubu bashobora kubikuza no kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga batarinze kunyura kuri banki, kuko konti zabo za banki zamaze guhuzwa na Airtel Money.

Ubu buryo bushya butuma babasha kwishyura mu buryo bwa “cashless” ku buntu, bityo amafaranga yatangwaga nk’ikiguzi cyo kubikuza ndetse no gutakaza umwanya mu mirongo ya banki bigakurwaho.

Ibi byatangarijwe mu birori bya Minuza Festival byabereye kuri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ku wa 6 Ukuboza 2025.

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD), ishinzwe porogaramu y’inguzanyo n’inkunga bihabwa abanyeshuri, yateguye iki gikorwa hagamijwe gufasha abanyeshuri kubona amafaranga yabo bahabwa abafasha kwiga ku buntu nta yandi mafaranga babikuyemo.

Iki gikorwa cyari kirimo n’imyidagaduro kugira ngo abanyeshuri barusheho kwishimira serivisi zishyirwaho, mu rugendo rwabo rwo kugera ku nzozi bashyigikiwe n’inzego zitandukanye.

Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Airtel Rwanda, John Magara Gahakwa, yavuze ko ari igikorwa batangiye bashaka gufasha abanyeshuri kunogerwa na serivisi zibahendukiye.

Ati “Twaje hano kubakangurira uburenganzira bwo guhuza konti zabo na Airtel Money. Bizabafasha kubona amafaranga yabo ako kanya akimara kugera kuri konti, kandi imirimo itatu ibanza yo kwishyura ni ubuntu.”

Yongeyeho ko bifuza ko abanyeshuri bakomeza gukoresha urubuga rwa Minuza, ndetse no mu bihe by’iyishyurwa ry’inguzanyo, bakazajya bakoresha Airtel Money.

Ati “Twazanye kandi n’amapaki ya ‘Ikokinge’ atanga iminota myinshi ku giciro gito. Urugero, ushobora gukoresha 100 Frw ukabona iminota 100, cyangwa 200 Frw ugahabwa iminota 350 ikoreshwa mu minsi ibiri n’ibindi. Ku Cyumweru uhabwa iminota 1.000, harimo 800 yo guhamagara kuri Airtel n’indi 200 ku yindi mirongo. Uhamagara *255#, ukemeza ugakurikiza amabwiriza.’’

Yavuze ko intego ari ugufasha Abanyarwanda kwinjira mu minsi mikuru bishimye, bagirana imibanire myiza n’ibyishimo bibasigira ibihe byiza.

Mu gutangiza Minuza Festival, hanatanzwe serivisi zihuriweho n’inzego zitandukanye harebwa amakuru yihariye y’abanyeshuri, aho NIDA, HEC na NESA bari bahari kugira ngo amakuru y’ingenzi akenewe aboneke ku gihe, bityo abanyeshuri babone ibyo bemerewe nta nzitizi.

Ibi kandi bigiye gukorwa ku yandi mashami ya Kaminuza y’u Rwanda hirya no hino mu gihugu.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri BRD,Wilson Rurangwa, yavuze ko hamwe n’abafatanyabikorwa babo, intego ari ugushyira umunyeshuri imbere kugira ngo byose bikorwa bizamure imibereho ye no kwitwara neza mu ishuri.

Ati “Uhereye kuva yatangira, Minuza yagiye ifasha cyane. Mbere hari abanyeshuri barenga 300 bageraga kuri BRD gushaka serivisi, kandi byafataga amezi abiri. Ubu twakira babiri cyangwa batatu gusa, bikagabanya ingendo. Airtel yagiye idufasha kuva Minuza yatangira mu 2022. Ubu abanyeshuri barenga 35.000 bakoresha inkunga ya BRD kandi bashobora no kwishyura inguzanyo banyuze kuri Airtel Money.’’

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Ushinzwe Itumanaho, Ignatius R. Kabagambe, yashimye iki gikorwa. Ati “Biradufasha cyane. Akenshi duhura n’ibibazo bijyanye no kwiyandikisha, amazina, inguzanyo n’ibindi bibazo cyane cyane ko bigirwa n’abanyeshuri. Turashimira Airtel Rwanda ku gikorwa cyayo cyatumye abaturage bacu by’umwihariko abanyeshuri babona serivisi ku buntu. Ibi byose bigamije kuzamura imibereho y’umunyeshuri.’’

Ubwo iki gikorwa cyabagaho abanyeshuri babasurukijwe n’abarimo Ruti Joel, abashyushyarugamba Mc Buryohe na Mis Muyango Claudine, Dj Brianne na Tesha, Itorero rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, Kevin Kade na Riderman.

Abitabiriye Minuza Festival baryihewe n'umuziki mu ndirimbo zigezweho
Riderman yasusurukije ab'i Huye biratinda
Ruti Joel yasusurukije abari bitabiriye Minuza Festival
Riderman ni umwe mu batanze ibyishimo i Huye
Minuza Festival ni iserukiramuco rigamije gukangurira abanyeshuri bo muri Kaminuza gukangukira serivisi njya zo kwishyura no koherereza amafaranga ku buntu
Muri Minuza Festival abanyeshuri bahawe umwanya basobanurirwa ubufatanye bushya bwa BRD na Airtel Rwanda
Miss Uwase Muyango ni umwe mu basusurukije abitabiriye Minuza Festival
Kevin Kade ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye Minuza Festival
John Magara wa Airtel Rwanda asobanurira abanyeshuri ubu bukangurambaga batangiye
Itorero rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ryasusurukije abari bitabiriye Minuza Festival
John Magara ushinzwe iyamamazabikorwa muri Airtel Rwanda yagaragaje ko bashishikariye gufasha abanyeshuri kubona serivisi zitandukanye
DJ Brianne ni umwe mu basusurukije abitabiriye Minuza Festival
BRD na Airtel Money biri mu bufatanye bwo gufasha abanyeshuri biga muri kaminuza kubona amafaranga yabo nta kindi kiguzi
Abanyeshuri ba UR-Huye basusurukijwe mu buryo bunyuranye muri Minuza Festival
Airtel Rwanda na BRD mu bufatanye bwo kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga ku banyeshuri ba za kaminuza nta kiguzi
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye Minuza Festival nyuma yo gususurutswa n'abahanzi batandukanye bakomeye
Abitabiriye ibirori byateguwe na Airtel Money, UR na BRD muri UR-Huye, baryohewe n'umuziki
Ucyicira muri UR-Huye ugeze ku macumbi y'abakobwa ahazwi nka 'Benghazi'
Abanyeshuri bafashe umwanya wo kwiyandikisha muri serivisi zitandukanye
Abanyeshuri ba Kaminuza y'u Rwanda i Huye muri gahunda ya Minuza Festival basusurukikwe n'abahanzi batandukanye
Ababishoboye bafashe ifoto mu kwishimira ibirori byateguwe na Airtel Rwanda, BRD na UR

Amafoto: Nezerwa Salomon


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages