00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukobwa wa Perezida Ruto ahanganye n’ikinyamakuru

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 14 September 2026 saa 04:00
Yasuwe :

Urukiko Rukuru rwo muri Kenya rwategetse ko ikinyamakuru The Standard guhagarika by’agateganyo kongera gutangaza cyangwa gukwirakwiza amakuru ahuza umukobwa wa Perezida William Ruto, Charlene Ruto, n’isoko ryo kugura imyenda y’abapolisi ifite agaciro ka miliyari 2,8 z’amashilingi (miliyari 31,8 Frw).

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 14 Nzeri 2026 nyuma y’ikirego Charlene Ruto yatanze asaba urukiko kumurengera kubera inkuru yasohowe na The Standard ku wa 30 Kanama 2026 ivuga ko yahawe iri soko.

Mu nyandiko Charlene yashyikirijwe urukiko, yavuze ko ayo makuru atari yo kandi ko yangije izina rye, kubera ko yakomeje kugaragara kuri internet kandi ashobora gukomeza gusubirwamo no gukwirakwizwa.

Yavuze kandi ko yandikiye The Standard asaba ko ikosora amakuru, ikavuguruza ibyo yatangaje ndetse ikanamusaba imbabazi, ariko ko nta cyakozwe ngo ayo makuru akurweho cyangwa akosorwe.

Charlene yavuze ko Polisi ya Kenya ubwayo yarasobanuye ko sosiyete ye, Nalitex Limited, itigeze ihatanira isoko kugura imyenda y’abapolisi kandi ko itigeze iba umufatanyabikorwa w’uwahawe isoko.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko zashyikirijwe urukiko, Polisi ya Kenya yavuze ko sosiyete yahawe iryo soko ari Bedi Investments Limited.

Mu mwanzuro w’agateganyo, urukiko rwategetse ko The Standard idakomeza gusubiramo, gutangaza cyangwa gukwirakwiza aya makuru cyangwa andi asa na yo, mu gihe urubanza rutegerejwe.

Urukiko rwahaye abaregwa iminsi irindwi yo gutanga ibisobanuro byabo ku kirego, mbere y’uko urubanza ruburanishwa mu mizi.

Umukobwa wa Perezida William Ruto, Charlene Ruto, yitabaje urukiko ngo kugira ngo rukemure ikibazo cye na The Standard

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages