00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania yashyikirije RDC Denise Mukendi Dusauchoy ushinjwa gushyigikira M23

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 September 2026 saa 09:29
Yasuwe :

Denise Mukendi Dusauchoy wafatiwe muri Tanzania tariki ya 30 Kanama 2026, yoherejwe i Kinshasa nyuma y’aho ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo busabye ko afatwa.

Ku wa 31 Kanama, Minisiteri y’Ubutabera muri RDC yatangaje ko Dusauchoy yafashwe hashingiwe ku bufatanye mpuzamahanga mu butabera, isobanura ko dosiye ye iri gukorwaho iperereza.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko mu Ukwakira no mu Ugushyingo 2025, Umushinjacyaha Mukuru muri RDC yashyikirije ubutabera bw’u Bubiligi inyandiko eshatu zisaba ubufasha mu iperereza kuri dosiye ya Dusauchoy n’abandi bantu.

Leta ya RDC yashimiye ubufatanye bw’inzego z’ubutabera za Tanzania, kubera gufata Dusauchoy.

Dusauchoy yamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri TikTok. Kinshasa imushinja gutangaza amakuru y’ibihuha no gukoresha imvugo zishobora guteza amacakubiri.

Abo muri Leta ya RDC bamushinja gukwirakwiza icengezamatwara rishyigikira u Rwanda n’ihuriro AFC/M23 rigenzura ibice byinshi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Minisiteri y’Ubutabera ya RDC ntiyatangaje ibyaha Dusauchoy n’abandi ivuga ko bashakishwa bakurikiranyweho.

Denise Dusauchoy yafatiwe muri Tanzania tariki ya 30 Kanama
Yurijwe indege, ajyanwa i Kinshasa yambaye amapingu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages