Amerika yakomeje gufunga inzira ku bwato buturuka ku byambu bya Iran bugana mu nzira ya Hormuz.
Iran na Amerika biteganyijwe ko bizasubira mu biganiro muri Pakistan, ndetse Visi Perezida JD Vance yavuze ko hari icyizere cy’uko hari icyagerwaho arebye aho ibintu bihagaze nubwo ibiganiro byamaze amasaha 21 byarangiye ku wa 12 Mata nta kigezweho.
Trump yabwiye ABC News ko mu minsi ibiri iri imbere hategerejwe ibikorwa bikomeye.
Ati “Ndizera ko mugiye kubona iminsi ibiri y’agatangaza.”
Abayobozi bo muri Pakistan, Iran n’ibindi bihugu byo muri aka gace byavuze ko ibiganiro bishobora gusubukurwa muri iki cyumweru.
Trump yavuze ko yumva bidakenewe ko bongera agahenge kashyizweho k’ibyumweru bibiri kuko yumva intambara ishobora kurangira vuba cyane.
Ati “Ndatekereza ko ishobora kurangira vuba. Izarangira vuba aha.”
Kuva ku wa mbere hatangira ingamba zo gufunga inzira y’ubwato buva cyangwa bujya muri Iran bunyuze mu nzira ya Hormuz, hamaze guhagarikwa ubwato umunani bufite aho buhuriye na Iran.
Amerika yifuza ko Iran izibukira gahunda yayo gukoresha ingufu za nucléaire mu buryo bwose ikanerekana ubushake bwo kutazongera kugerageza gutungwa intwaro za nucléaire ariko Iran ntibikozwa.
Intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 yafunze inzira ya Hormuz inyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku Isi, bituma ibiciro byiyongera kugeza hafi kwikuba kabiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!