00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abo ku kirwa cya Ruhondo bahangayikishijwe n’abari kugurisha ubutaka bwamaze kugurwa

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 23 December 2024 saa 12:04
Yasuwe :

Bamwe mu baturage bafite ubutaka ku kirwa cya Kirwa kiri mu Kiyaga cya Ruhondo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge na bagenzi babo bakomeje kugurisha abamamyi ubutaka bwamaze kugurwa.

Bavuga ko iyi nkubiri yo kugurisha ubutaka huti huti, yaturutse ku kuba bamwe mu baturage bari bahatuye bimuwe mu birwa bakajya gutuzwa ahandi, abandi bahasigaye na bo bagasabwa kwimuka kugira ngo ibi birwa bikorerweho ibikorwa by’ubukerarugendo.

Ubwo hafatwaga iki cyemezo mu 2022, hagiyeyo abashoramari babiri bazwi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, batangira kugurira abaturage ku bwumvikane ariko mu bihe bya vuba haduka abamamyi birirwa babagurira ubu butaka kugira ngo bazabugurishe ku giciro kinini mu gihe imirimo y’ishoramari mu bukerarugendo izaba yatangiye.

Igiteye impungenge abagituye muri Birwa ni uko usanga abo bamamyi bagura ubutaka batitaye ku ngaruka bishobora kuzateza kuko hari aho usanga bagura n’ubutaka bwamaze kugurwa, bishobora kuzakoma mu nkokora ishoramari.

Habimana Claude yagize ati "Bari kuza bakabugura nk’abasahuranwa. Mbere hari umushoramari witwaga Habimana waje agura igice kimwe, uwemeye akamugurira, ubyanze nta gahato. Nyuma haje abasherisheri batangira kugurira abaturage, n’ahari haraguzwe n’undi akahagura na none, akakujyana akwihereranye, ugasinya ibyangombwa akabitwara. Byanze bikunze bizateza ibibazo, twifuza ko baduha abashoramari bazima."

Mukangoga Angelique na we ati "Umusherisheri ari kuza akagutwara, akaguha amafaranga agusaba gusinya impapuro ziri mu ‘byongereza’. Ntitwize, abenshi basinya ibyo batazi, byateranya imiryango kuko niba umuturage yarariye ay’umushoramari wa mbere, undi akaza akamuterebuza, ashyize mu bibazo umuturage ugurishije isambu kabiri. Hari abazafungwa, abandi babure byose, bangare."

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, yasabye abaturage gushishoza, aho bagira ikibazo, bakegera ubuyobozi bubegereye bukabafasha.

Ati "Ubwo mperukayo icyo kibazo nari nacyumvise. Hari ibibazo bibiri, kimwe cy’abo bakomisiyoneri n’abandi bashaka gutuburira abaturage, bashobora guca ruhinganyuma bagakora ibintu nk’ibyo ukumva byarabaye."

Meya Nsengimana yasabye abaturage kugisha inama ubuyobozi kugira ngo bubafashe gukumira ibyabyara amakimbirane ashobora kuzagorana mu kuyakemura, abibutsa ko bakwiye kugurisha mu buryo buzwi, bunoze kandi buteganywa n’amategeko.

Bamwe mu baturage bafite ubutaka ku kirwa cya Ruhondo bavugwaho kubugurisha kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .