00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abishwe na Ebola barenze 180

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 June 2026 saa 07:51
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abo byemejwe ko bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo kugeza ku wa 13 Kamena 2026 bageze ku 782 barimo 181 bapfuye.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko ku wa 13 Kamena habonetse abantu bashya 72 banduye iki cyorezo barimo 29 bapfuye uwo munsi. Iyi mibare iri hejuru ariko Leta ya RDC isobanura ko byatewe n’uko hashyizwe imbaraga mu gukurikirana ubwandu.

Mu bashya bagaragayeho iki cyorezo harimo 56 bo mu Ntara ya Ituri mu bice birimo Mongbwalu, Umujyi wa Bunia, Rwampara na Nyankunde ndetse na 16 bo muri Kivu y’Amajyaruguru mu bice birimo Butembo na Katwa.

Kugeza ku wa 13 Kamena, abantu 40 bari bamaze gukira iki cyorezo muri rusange. Barimo batanu bashya bagaragaye muri Rwampara, Mongbwalu na Mambasa; hose mu Ntara ya Ituri.

Kugeza ubu nta muti cyangwa urukingo bya Ebola ya Bundibugyo biraboneka ariko ubushakashatsi bwemeza ko ibimenyetso byayo bivurwa, bigakira, cyane cyane iyo umurwayi yivuje hakiri kare.

Mu bantu 782 byemejwe ko bamaze kwandura Ebola ya Bundibugyo muri RDC, harimo 181 bapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages