Tariki ya 5 Kamena 2026, Lt Gen Luboya yasimbujwe Gen Maj Kasongo Mulumba Batoka Gaby, Leta ya RDC isobanura ko izi mpinduka zabayeho kubera ko zari zikenewe byihuse.
Gen Muhoozi ntiyiyumvagamo Lt Gen Luboya kuko yamushinjaga kubangamira ibikorwa by’ingabo za Uganda byo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa CODECO.
Muri Mata 2025, Gen Muhoozi yanditse ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa busaba Leta ya RDC gukura Lt Gen Luboya ku mwanya wa Guverineri wa Ituri, amugaragaza nk’umuntu mubi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kamena, Gen Muhoozi yashimiye Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, ko yumvise amarira y’abaturage ba Ituri, agakuraho Guverineri mubi.
Ati “Ndagira ngo nshimire mukuru wanjye, Nyakubahwa Tshisekedi, ku bwo kumva amarira y’abaturage ba Ituri, agakuraho Guverineri mubi.”
Lt Gen Luboya yari Guverineri wa Ituri kuva muri Gicurasi 2021 ubwo iyi ntara na Kivu y’Amajyaruguru zashyirwaga mu bihe bidasanzwe bya gisirikare, kugira ngo ibikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro bigende neza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!