Umuhanzi w’umunyarwanda, Captain Simoni Kabera usanzwe aririmba
indirimbo zihimbaza Imana mu njyana ikunzwe na benshi ya Country,
akomeje kwigarurira imitima y’abatari bake bitewe n’uburyo yicisha
bugufi ugereranyije n’abandi bahanzi.
Inkuru dukesha isange.com ivuga ko rimwe mu mahurizo akomerera
abahanzi batangiye kwiyumvamo akanyabugabo ari "Uguca Bugufi".
Kubona umuhanzi abasha gukurura abantu abazana mu rusengero cyangwa se mu birori runaka, bigaragaza imbaraga ziba zikubiye mu bihangano bye
dore ko iyi akenshi usanga ari iturufu abahanzi bakunda kwitwaza
akenshi ugasanga barabaye imbonekarimwe.
Simon Kabera, ni umwe mu bahanzi bakuru, bakomeye kandi bubashywe. Uyu mugabo w’umugore n’abana babiri, Ni umwe mu bahanzi basoje amashuri makuru kandi unafite icyubahiro mu ngabo z’u Rwanda dore ko kuri ubu afite ipeti rya Captain.
Iyo umureba yinjiye mu nzu y’Imana usanga ibyo byose abyirengagije
ntibimubuze kuba nk’abandi basanzwe. Iyo kandi atumiwe mu giterane
runaka nta mananiza ashyira ku wamutumiye. Ibi usanga akenshi
binyuranye n’imwe mu myitwarire ya bamwe mu bahanzi bagenda bagaragaza iyo batumiwe cyangwa se bageze mu nzu y’Imana.
Kuba uyu muhanzi aca bugufi, usanga icyizere abantu bagiye batakariza
bamwe mu bahanzi bakomeye cyangwa se abakizamuka, cyose bakigarura
bakakimushyiraho bityo n’ibyo aririmba bigaherako bibakora ku mitima
koko.
Kugira ubuhamya bwiza ndetse no guca bugufi byari bikwiriye kuba
intwaro ya mbere yifashishwa n’umuhanzi cyangwa se umukozi w’Imana aho
ava akagera.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kigali : Korali Gilugali iramurika alubu mu yayo ya kabiri
12.05.2013 |
|
Ibizava muri album y’umuhanzi Mahoro Isaac azabyifashisha mu gufasha imfubyi
5.05.2013 |
|
Rubavu : “Chorale Integuza” yamuritse Album ya mbere y’amashusho
27.04.2013 |
|
Uwimana Aime agiye gukwiza ibihangano bye mu Karere
2.04.2013 |
|
Habura umunsi umwe ngo amurike album, Gaby yatangaje uko ahagaze mu rukundo
31.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |